• Amakuru / MU-RWANDA

Perezida Paul Kagame ategerejwe i Paris mu Bufaransa, aho azitabira inama mpuzamahanga yiga ku ngufu za ‘nucléaire’, izaba ku nshuro ya kabiri, izabera i Paris ku wa 10 Werurwe 2026.

Ni inama biteganyijwe ko izahuza abakuru b’ibihugu n’abayobozi bakuru b’inzego zitandukanye.

Mu bakuru b’ibihugu bazitabira iyi nama barimo Perezida Kagame w’u Rwanda, Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa ndetse n’Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Mpuzamahanga gishinzwe ingufu za nucléaire (AIEA), Rafael Grossi.

Nyuma y’iyi nama biteganyijwe ko Perezida Kagame azagirana ibiganiro na mugenzi we w’u Bufaransa ku bibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iyi ni ingingo  Perezida Macron aherutse kuyiganiraho na mugenzi we DR Congo Félix Antoine Tshisekedi ubwo yamwakiraga mu biro bye i Paris ku wa 25 Gashyantare.

U Rwanda ruri mu bihugu mbarwa bya Afurika bimaze igihe bifite gahunda yo kubyaza umusaruro ingufu za nucléaire.

Biteganyijwe ko bitarenze mu myaka ya 2030, u Rwanda ruzaba rufite uruganda rwa mbere ruri muri ubwo bwoko ndetse abakozi bagera kuri 230 uruganda ruba rukeneye ngo rutange umusaruro, bazaba babonetse mu 2028.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu za Atomike mu Rwanda, RAEB, Dr. Fidel Ndahayo, aheruka gutangaza ko u Rwanda rukeneye arenga miliyari 5$ (arenga miliyari 7000 Frw) mu kubaka uruganda rw’ingufu za nucléaire rwitezweho kugira uruhare mu kongera amashanyarazi mu gihugu hose.

Ni uruganda rwubakwa ku buso buri hagati ya hegitari 15 na 50 hitaruye abaturage, ndetse nta byago ruteza kuko iyo rugize ikibazo ruhita ruzima aho gukomeza gushya ngo rukwirakwize imirasire yangiza ubuzima.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments