• Amakuru / POLITIKI


Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yoherereje ubutumwa bw’akababaro mugenzi we wa Iran, Masoud Pezeshkian, nyuma y’itangazwa ry’urupfu rw'umuyobozi w'ikirenga wa Repubulika ya Islamu ya Iran, Ayatollah Ali Khamenei wishwe n'ibitero bya Israel na leta zunze ubumwe za Amerika.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’ibiro bya Perezidansi y’Uburusiya, Putin yagaragaje ko yakiriye ayo makuru “n’agahinda kenshi”, ashimangira ko urupfu rwa Khamenei ari igihombo gikomeye ku gihugu cya Iran no ku mibanire mpuzamahanga.

Perezida w’Uburusiya yavuze ko kwicwa kwa Khamenei ari “igikorwa kinyuranyije n’amahame y’ubumuntu n’amategeko mpuzamahanga.” Yihanganishije Perezida Pezeshkian, umuryango wa nyakwigendera ndetse n’abaturage ba Iran muri rusange.

Yongeyeho ko Ayatollah Khamenei azahora yibukwa nk’umuyobozi wagize uruhare rukomeye mu guteza imbere ubufatanye hagati ya Iran n’Uburusiya, cyane cyane mu bijyanye n’umutekano, ubucuruzi n’ububanyi n’amahanga.

Mu myaka yashize, Iran n’Uburusiya byakomeje kugaragaza ubufatanye bukomeye mu bya politiki n’ubwirinzi, aho ibihugu byombi byagiye bifatanya mu bibazo by’akarere k'uburasirazuba bwo hagati no mu zindi gahunda mpuzamahanga.

Urupfu rwa Khamenei rwatumye ibihugu byinshi ku isi bigaragaza impungenge ku hazaza h’umutekano w’akarere ndetse n’ingaruka zishobora kuvuka mu rwego rwa dipolomasi.

Nyuma y’itangazwa ry’uru rupfu, abayobozi ba Iran batangaje ibihe by’icyunamo, mu gihe hakomeje ibiganiro ku cyerekezo cy’ubuyobozi bw’ikirenga bw’igihugu.

Abasesenguzi ba politiki mpuzamahanga bavuga ko uru rupfu rushobora kugira ingaruka zikomeye ku miterere ya politiki ya Iran no ku mubano wayo n’ibihugu bikomeye ku isi.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments