Umuhanzikazi
Lydia Jazmine yatangaje ku mugaragaro ko yiteguye kongera gushimisha abakunzi
be mu gitaramo gikomeye cyane.
Mu gihe
hizihizwaga imyaka ibiri ishize akoze igitaramo cye kitazibagirana cyiswe First
Born Concert, uyu muhanzikazi w’imyaka 34 y’amavuko yasohoye inkuru
yashimishije abafana be, bahise batangira kubara iminsi isigaye.
Abinyujije
ku mbuga nkoranyambaga ze ku wa 1 Werurwe, Lydia yatangaje ko igitaramo cye
gikomeye kizaba ku wa 4 Nzeli 2026, kandi yemeza ko kizaba kinini kurusha
ibindi byose yakoze mbere.
Yagize ati:“Uyu
munsi, tariki ya 1 Werurwe, hizihijwe imyaka ibiri ishize kuva nkoze igitaramo
cya First Born Concert, kandi byabaye
urugendo rudasanzwe. Imbaraga, urukundo n’ibyo twibukiranya byatumye kiba
igitaramo cyihariye, kandi tuzahora tubishimira.”
Uyu
muhanzikazi yanagarutse ku rugendo rwe rwa muzika mu mwaka ushize,
by’umwihariko ku ntsinzi ya album ye yise The One and Only, yakunzwe cyane n’abafana.
Yagize ati: “Umwaka
ushize twibanze kuri album The One and Only, kandi mwayihinduye ikintu kinini
kurusha uko twabyibwiraga. Inkunga n’ukuyumva kenshi mwaduhaye byatumye buri
ndirimbo iba ifite igisobanuro gikomeye. Twarabibonye kandi turacyabibona.”
Yagize ati:
“Ku wa 4 nzeri nzabereka imbaraga ibyishimo byinshi kurushaho, ibihe bikomeye,
n’urwibutso tuzafatanya kurema. Ibi si igitaramo gisanzwe; ni ugusubirana, ni
ukwizihiza.”
Nubwo
atatangaje aho kizabera n’ibindi bisobanuro birambuye, Lydia yasezeranyije
abafana ko amakuru yose azatangazwa vuba. Urebye amagambo ye, biragaragara ko
iri joro rizaba ridasanzwe kandi rizasiga amateka.
Like This Post? Related Posts