• Imyidagaduro / IBITARAMO

Umuhanzikazi Lydia Jazmine yatangaje ku mugaragaro ko yiteguye kongera gushimisha abakunzi be mu gitaramo gikomeye cyane.

Mu gihe hizihizwaga imyaka ibiri ishize akoze igitaramo cye kitazibagirana cyiswe First Born Concert, uyu muhanzikazi w’imyaka 34 y’amavuko yasohoye inkuru yashimishije abafana be, bahise batangira kubara iminsi isigaye.

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze ku wa 1 Werurwe, Lydia yatangaje ko igitaramo cye gikomeye kizaba ku wa 4 Nzeli 2026, kandi yemeza ko kizaba kinini kurusha ibindi byose yakoze mbere.

Yagize ati:“Uyu munsi, tariki ya 1 Werurwe, hizihijwe imyaka ibiri ishize kuva nkoze igitaramo cya  First Born Concert, kandi byabaye urugendo rudasanzwe. Imbaraga, urukundo n’ibyo twibukiranya byatumye kiba igitaramo cyihariye, kandi tuzahora tubishimira.”

Uyu muhanzikazi yanagarutse ku rugendo rwe rwa muzika mu mwaka ushize, by’umwihariko ku ntsinzi ya album ye yise The One and Only, yakunzwe cyane n’abafana.

Yagize ati: “Umwaka ushize twibanze kuri album The One and Only, kandi mwayihinduye ikintu kinini kurusha uko twabyibwiraga. Inkunga n’ukuyumva kenshi mwaduhaye byatumye buri ndirimbo iba ifite igisobanuro gikomeye. Twarabibonye kandi turacyabibona.”

Yagize ati: “Ku wa 4 nzeri nzabereka imbaraga  ibyishimo byinshi kurushaho, ibihe bikomeye, n’urwibutso tuzafatanya kurema. Ibi si igitaramo gisanzwe; ni ugusubirana, ni ukwizihiza.”

Nubwo atatangaje aho kizabera n’ibindi bisobanuro birambuye, Lydia yasezeranyije abafana ko amakuru yose azatangazwa vuba. Urebye amagambo ye, biragaragara ko iri joro rizaba ridasanzwe kandi rizasiga amateka.

 

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments