• Amakuru / MU-RWANDA

Igikomangomakazi cy’Ubwami bw’u Bugereki, Marie-Chantal, yasuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 rwa  Kigali, yunamira inzirakarengane ziharuhukiye.

Marie Chantal yageze ku rwibutso, ashyira indabo ndetse yunamira, aha icyubahiro abazize Jenoside barenga 250 000 bahashyinguye mu cyubahiro.

Ubuyobozi bw’Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali bwatangaje kuri X kuri uyu wa Mbere buti: “ Twakiriye nyiricyubahiro Marie-Chantal, Igikomangomakazi, wahaye icyubahiro inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi 1994, ndetse akaba yasuye urwibutso anasobanurirwa amateka”.

Uwo muyobozi yasobanuriwe akamaro ko kwibuka n’urugendo rw’ubudaheranwa rw’u Rwanda rwo kwiyubaka no gukira ibikomere mu myaka 30 ishize.

Mu butumwa bwe yanditse mu gitabo cy’abashyitsi yagize  ati ““Tugomba guhora twibuka! Biragoye kubibona, ariko ni ingenzi cyane. Murakoze kandi Imana ihe umugisha imiryango yose.”

Aya magambo agaragaza amarangamutima akomeye y’uwashatse kwibutsa abantu ko hari amateka cyangwa ibyago bikomeye bidakwiye kwibagirana. Nubwo bishobora kuba bibabaje kubireba cyangwa kubyibuka, kwibuka ni intambwe ikomeye mu guha icyubahiro ababuze ubuzima no gushyigikira imiryango yasigaye mu gahinda.

Kwibuka si ukubabara gusa, ahubwo ni no gukomeza umurage w’abo twabuze, kubaha agaciro no kwigira ku mateka kugira ngo ibyabaye bitazongera kubaho. Ubutumwa nk’ubu bushimangira ubumwe, impuhwe no gusabira imiryango yose yanyuze mu bihe bikomeye.

Imana ihe umugisha kandi ikomeze guha imbaraga imiryango yose yabuze ababo.

 Urwo ruzinduko rwe ku rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwabaye  nyuma y’uko yakiriwe na Jeannette Kagame, mu biro by’Umuryango Imbuto Foundation, ku Kane w’icyumweru gishize tariki ya 26 Gashyantare.

Abo bayobozi baganiriye ku guteza imbere uburezi, kubakira ubushobozi impunzi no guteza imbere ubutwererane.

Marie-Chantal, ni umugore wa Pavlos, igikomangoma, akaba ari mu muryango w’abami b’u Bugereki.

 N’ubwo Ubugereki bwakuyeho ingoma cya cyami mu 1973, uyu muryango ukomeza gukoresha amazina y’icyubahiro y’amateka ku bakomoka mu muryango w’ubwami kandi ugakora ibikorwa by’ubugiraneza n’imishinga mpuzamahanga.

 Marie-Chantal azwi cyane ku mirimo ye y’ubugiraneza, cyane cyane mu gufasha abana n’imiryango y’impunzi.

Marie-Chantal yashinze gahunda umuryango wa Building Better Futures ushyigikiwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (UNHCR), igamije guteza imbere amahirwe y’uburezi no guha ubushobozi abakobwa n’abagore b’impunzi.

 




 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments