Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyatangaje ko cyafunze abasirikare benshi cyashinje guhunga urugamba rwabereye mu bice bikikije Minembwe, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, bakerekeza mu Mujyi wa Kalemie, mu Ntara ya Tanganyika.
Umuvugizi wa FARDC muri Tanganyika, Sgt. Aristote Tshitamba,
yavuze ko aba basirikare bafashwe ku gicamunsi cyo ku wa 13 Nyakanga 2026,
nyuma yo kuva ku rugamba barimo kurwana.
Yagize
ati, bamwe mu bafashwe barimo abasirikare bataye urugamba, abandi bashinjwa
ibikorwa by’umutekano muke. Yasobanuye ko bose boherejwe muri gereza nkuru ya
Kalemie mu gihe bategereje gukurikiranwa n’ubutabera.
Amashusho
yakwirakwijwe agaragaza bamwe muri abo basirikare bambaye impuzankano ya FARDC,
mu gihe abandi bari bambaye imyambaro isanzwe. Mbere yo kujyanwa muri gereza,
babanje kwegeranywa bahabwa ubutumwa n’ubuyobozi bw’igisirikare.
Ibi
bibaye nyuma y’imirwano ikomeye yabereye mu gace ka Minembwe mu byumweru bibiri
bishize, aho ihuriro AFC/M23 rifatanyije n’umutwe MRDP-Twirwaneho ryatangaje ko
ryafashe uduce dutandukanye turimo Point-Zéro, Mikenke, Gakenke, Kalingi,
Baruta, Lubemba na Rwitsankuku.
Nyuma
y’iyo mirwano, bamwe mu basirikare ba FARDC n’imitwe bifatanya bahungiye mu
bice byo mu majyepfo birimo Baraka na Fizi, mu gihe abandi bakomeje urugendo
berekeza i Kalemie aho bavuga ko bashakaga kwirinda gusubira ku rugamba.
Si ubwa mbere abasirikare ba FARDC bafatirwa ibihano bashinjwa
guhunga urugamba. Mu ntangiriro z’Ukuboza 2025, nyuma y’imirwano yabereye muri
Teritwari ya Uvira, bamwe mu basirikare bahungiye i Kalemie na bwo barafashwe
bashinjwa kurenga ku mabwiriza y’ababakuriye.