• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

 

Nyuma  yaho kuri uyu wa kabiri mu masha ya nyuma ya saa sita  habereye  impanuka y’ikirombe gicukurwamo amabuye y’agaciro  mu gace ka Rubaya gaherereye mu bilometero 70 mu burengerazuba bw’umujyi wa Goma, mu Ntara ya Kivu y’amajyaruguru  mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo igahitana abarenga 200 .

Leta  ya  Congo  yashyize hanze  itangazo kuri uyu wa gatatu  iviga ko  umubare w;agateganyo  w’abapfuye  umaze kurega  200 , barrio abana  bagera kuri  70 , aho  kandi  abakomeretse benshi cyane  bajyannywe  kuvurirwa  mu bitaro bikuru by’umujyi wa Goma

Rubaya ni agace kazwi cyane mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro ya Coltan , gafite ubuso bunini bungana n’ibilometero byinshi. Kuva muri Mata 2024, kari mu maboko y’umutwe witwaje intwaro wa M23, mu gihe ubuyobozi bwa leta ya Congo butakiboneka muri ako gace kuva icyo gihe.

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ni kimwe mu bihugu bikungahaye cyane ku mabuye y’agaciro ku isi kuko itanga ari  hagati ya 15% na 30% by’umusaruro wa coltan ku rwego rw’isi, amabuye y’agaciro akoreshwa cyane mu nganda zikora ibikoresho by’ikoranabuhanga. Bivugwa ko hafi 60% by’ububiko bwa coltan ku isi bibarizwa muri iki gihugu.

Amakuru ajyanye n’iyi mpanuka ntarabasha kwemezwa ku buryo bwigenga, kubera ko kugera muri ako gace bigoranye ku miryango y’ubutabazi n’ibigo by’ubuzima. Byongeye kandi, itumanaho rikunze guhagarara muri kariya karere.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments