Umuhanzi
Nzamwita Olivier Joseph, uzwi mu muziki w’u Rwanda nka M1, yahishuye abahanzi nyarwanda beza abona muri iyi minsi bakora neza cyane mu muziki nyarwanda .
Uyu muhanzi
yamenyekanye cyane mu ndirimbo zirimo “Ibihu’’, “Perfect’’, “Iyo foto’’,
“Uritonda’’, “Brenda’’ ari kumwe na Bruce Melodie, “Juliana’’ yakoranye na
Umutare Gaby n’izindi.
Ubwo yari mu
kiganiro B&B 2to6 yahishuye byinshi
muri gahunda ahugiyemo nyuma y’igihe kinini adashyira hanze indirimbo aho yavuze ko muri iyi minsi
ahishiye abakunzi be byinshi nubwo
akenshi umuntu mu buzima bwa buri munsi atabura imbogamizi gusa vuba
cyane .
Uyu muhanzi ubwo
yabazwaga icyo bisobanura mu gukorana na Bruce Melodie ubwo bakoranaga indirimbo bise Brenda mu mwaka wa 2015 ,yavuze ko iriya gihe byari ibihe byiza kuri bose nubwo ibintu byaje guhinduka we
agakomeza ntacike intege akaba ageze ku
rundi rwego gusa yizera ko igihe icyo
aricyo cyose byashoboka ko bazongera bakagorana gusa ni ibintu by’agaciro gukorana nawe .
M1 ubwo yari
abajijwe uko yabonaga Bruce Melodie muri
kiriya gihe yavuze ko ubwo bakoranga byari ibintu byiza cyane gusa yagaragara nk’umuhanzi mwiza cyane kandi koko byaje kugenda neza .
Ku bijyanye
n’abahanzi nyarwanda abona bazageza
umuziki nyarwanda ku ruhando mpuzamahanga yavuze ko ukuyemo The Ben na Bruce
Melodie na Meddy bamaze kugera kure muri iyi minsi
abona abandi bahanzi nyarwanda
bakora neza kandi bafite ejo ari Logan Joe ,Kivumbi,Ariel Wayz ,Mike Kayihura ,Ange
Kagaju na bandi benshi yongeyeho ko uretse kuba ururimi rwacu dukoramo umuziki iyo abahanzi nyarwanda baba bakora no mu ndimi z’amahanga umuziki wacu wagera kure
.
Mu gusoza
yabajijwe umuproducer abona mwiza muri minsi
yumva wamukorera indirimbo akumva
aranyuzwe M1 yavuze ko Producer Element
ari umunyamugisha cyane kubera ko afite
ubuhanga bwinshi cyane kandi akaba afite itafari rikomeye amaze gushyira ku
muziki nyarwanda muri iyi minsi