Sheebah Karungi utegerejwe mu gitaramo kimwe na Bruce Melodie ku wa 7 Werurwe 2026 yageze i Bruxelles mu gitondo cyo kuri uyu wa 5 Werurwe 2026, ari kumwe n’imfura ye aherutse kwibaruka mu minsi ishize.
Uyu muhanzi
uri mu bamaze igihe bafite izina rikomeye mu muziki wa Uganda, yahagurutse ku
Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Entebbe mu ijoro ryo ku wa 4 Werurwe 2026 aza
kugera i Bruxelles ku wa 5 Werurwe 2026.
Sheebah wajyanye
n’umwana we ategerejwe mu gitaramo agomba guhuriramo na Bruce Melodie mu
Bubiligi ku wa 7 Werurwe 2026.
Biravugwa ko
Sheebah ashobora kuba yajyanye n’imfura
ye kugira ngo anahurire mu Bubiligi na se w’uyu mwana ubusanzwe utuye mu
Bwongereza.
Iki gitaramo
cyateguwe na sosiyete ya Zentro Nation, y’Umunyarwandakazi uzwi nka DJ Zentro
utuye mu Bubiligi, kizabera mu Mujyi wa Bruxelles ahitwa Birmingham Palace.
Mu minsi
ishize, DJ Zentro yavuze ko bateganya kuzacyizihirizamo umunsi mpuzamahanga
wahariwe umugore usanzwe uba ku wa 8 Werurwe buri mwaka.
Ati “Ni
igitaramo kizaba kigamije gususurutsa abakunzi b’umuziki batuye i Burayi ariko
tuzagira umwanya wo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe abagore.”
Bruce
Melodie wageze mu Bubiligi ku wa 3 Werurwe 2026, agiye guhurira na Sheebah
Karungi mu gitaramo kizabera mu Bubiligi nyuma y’imyaka itari mike bakoranye
indirimbo bise ‘Embeera Zo’ yanakunzwe bikomeye yaba mu Rwanda no muri Uganda.
Sheebah
Karungi we azaba ataramira mu Bubiligi nyuma y’igihe gito amaze asubukuye
umuziki cyane ko mu gihe cyashize yabaye nk’uwusubitse kuko yari atwite ndetse
na nyuma yo kubyara afata umwanya wo kwita ku mwana we.