• Imikino / BASIKETI

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda ndetse n’Umujyanama Mukuru wa Perezida ushinzwe ibikorwa byihariye bya gisirikare, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yagiranye ibiganiro n’Umuyobozi Mukuru wa NBA Africa, Madamu Claire Akamanzi, baganira ku buryo bwo guteza imbere no gushyira ku rwego rw’umwuga umukino wa Basketball muri Uganda.

Iyi nama yabaye ku wa Gatatu, igamije kurebera hamwe ingamba zafasha uyu mukino gukura no gutera imbere muri Uganda, umukino Gen Muhoozi Kainerugaba asanzwe agaragaza ko akunda cyane.

Mu bitabiriye ibi biganiro harimo kandi Nicholas Mutebi, ushinzwe ubufatanye n’abaterankunga mu karere muri NBA Africa, ndetse na Andrew Mwenda.

Ibiganiro byabo byagarutse ku buryo bwo guteza imbere impano z’abakiri bato, kongera ibikorwa remezo bya basketball, no guteza imbere amarushanwa yatuma uyu mukino urushaho gukundwa no gukinwa ku rwego rw’umwuga muri Uganda.

Gen. Muhoozi Kainerugaba yakiriye neza ubu bufatanye, agaragaza ko yishimiye cyane uruhare umukino wa basketball ushobora kugira mu guteza imbere urubyiruko muri Uganda.

Mu biganiro byabaye, hibanzwe cyane ku cyerekezo cya NBA Africa ku mugabane wa Afurika, kigamije gukorana n’inzego za leta z’ibihugu bya Afurika ndetse n’abikorera kugira ngo hubakwe ubukungu bushingiye kuri siporo, by’umwihariko umukino wa basketball.

Kimwe mu by’ingenzi byagarutsweho muri ibyo biganiro ni umuhigo wa NBA Africa wo gukorana na Guverinoma ya Uganda mu gushyiraho NBA Junior League muri iki gihugu.

Iri rushanwa rizashyirwaho ku bufatanye na Minisiteri y’Uburezi na Siporo ndetse n’izindi nzego zibishinzwe, rikazibanda ku guteza imbere impano z’abakiri bato no gutuma basketball irushaho gukinwa ku rwego rw’abakiri bato muri Uganda.

Irushanwa rya NBA Junior League rishobora kuba amahirwe akomeye yo gukurura ibihumbi by’abanyeshuri bo mu mashuri yisumbuye bakina basketball, rikabinjiza mu marushanwa ateguye neza kandi akorwa ku rwego rw’umwuga.

Iyi gahunda igamije guteza imbere umukino wa basketball mu gihugu hose cya Uganda, ndetse no gukoresha siporo nk’uburyo bwo gufasha urubyiruko kwiga ubumenyi bufasha mu buzima bwa buri munsi.

Binyuze muri iyi gahunda, abakiri bato bazahabwa amahirwe yo kwiga ubumenyi bw’ingenzi burimo gukorera hamwe nk’ikipe, kugira disipulini, gukora cyane, kugira ubuyobozi bwiza no kubaho bafite intego. Ibi ni indangagaciro zifasha mu buzima busanzwe, si mu kibuga cya basketball gusa.

Impande zombi zagaragaje ko umukino wa basketball ukomeje kwamamara cyane muri Uganda, cyane ko amashuri menshi asanzwe ategura amarushanwa awushishikariza.

Kugeza ubu, amakipe abiri yo muri Uganda ari yo Uganda City Oilers na Namuwongo Blazers yamaze kwitabira irushanwa rya Basketball Africa League, ryateguwe na NBA Africa, bigaragaza ko igihugu gisanzwe gifite uruhare mu marushanwa ya basketball ku rwego rw’umwuga.

Hashingiwe kuri iyo ntambwe, inama yabaye yanaganiriye ku buryo bwo kongera ubufatanye hagati ya Minisiteri y’Uburezi na Siporo ya Uganda na NBA Africa, hagamijwe gushyiraho gahunda ituma iterambere rya basketball rikorwa mu buryo bunoze kandi ku rwego rw’umwuga, by’umwihariko mu rubyiruko.

Ibindi byaganiriweho harimo gutegura amahugurwa ya basketball (basketball clinics), guhuza siporo n’umuco ndetse n’imyidagaduro mu birori bya basketball, no gukoresha ibyamamare muri uyu mukino n’imiyoboro yabo mu kumenyekanisha ubukerarugendo.

Ibiganiro byagaragaje kandi ko basketball ishobora kuba isoko rikomeye ry’ubukungu iyo iteje imbere neza. Nk’uko NBA Africa ibivuga, amarushanwa ya basketball ku rwego rw’umwuga ashobora guteza imbere inzego nyinshi zirimo amahoteli, ubwikorezi, serivisi z’ikoranabuhanga, inganda z’ubuhanzi n’imyidagaduro, ibikorwa remezo ndetse n’ikorwa ry’ibirori.

 



Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments