Umugaba
Mukuru w’Ingabo za Uganda ndetse n’Umujyanama Mukuru wa Perezida ushinzwe
ibikorwa byihariye bya gisirikare, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yagiranye ibiganiro
n’Umuyobozi Mukuru wa NBA Africa, Madamu Claire Akamanzi, baganira ku buryo bwo
guteza imbere no gushyira ku rwego rw’umwuga umukino wa Basketball muri Uganda.
Iyi nama
yabaye ku wa Gatatu, igamije kurebera hamwe ingamba zafasha uyu mukino gukura
no gutera imbere muri Uganda, umukino Gen Muhoozi Kainerugaba asanzwe agaragaza
ko akunda cyane.
Mu
bitabiriye ibi biganiro harimo kandi Nicholas Mutebi, ushinzwe ubufatanye
n’abaterankunga mu karere muri NBA Africa, ndetse na Andrew Mwenda.
Ibiganiro
byabo byagarutse ku buryo bwo guteza imbere impano z’abakiri bato, kongera
ibikorwa remezo bya basketball, no guteza imbere amarushanwa yatuma uyu mukino
urushaho gukundwa no gukinwa ku rwego rw’umwuga muri Uganda.
Gen. Muhoozi
Kainerugaba yakiriye neza ubu bufatanye, agaragaza ko yishimiye cyane uruhare
umukino wa basketball ushobora kugira mu guteza imbere urubyiruko muri Uganda.
Mu biganiro
byabaye, hibanzwe cyane ku cyerekezo cya NBA Africa ku mugabane wa Afurika,
kigamije gukorana n’inzego za leta z’ibihugu bya Afurika ndetse n’abikorera
kugira ngo hubakwe ubukungu bushingiye kuri siporo, by’umwihariko umukino wa
basketball.
Kimwe mu
by’ingenzi byagarutsweho muri ibyo biganiro ni umuhigo wa NBA Africa wo
gukorana na Guverinoma ya Uganda mu gushyiraho NBA Junior League muri iki
gihugu.
Iri rushanwa
rizashyirwaho ku bufatanye na Minisiteri y’Uburezi na Siporo ndetse n’izindi
nzego zibishinzwe, rikazibanda ku guteza imbere impano z’abakiri bato no gutuma
basketball irushaho gukinwa ku rwego rw’abakiri bato muri Uganda.
Irushanwa
rya NBA Junior League rishobora kuba amahirwe akomeye yo gukurura ibihumbi
by’abanyeshuri bo mu mashuri yisumbuye bakina basketball, rikabinjiza mu
marushanwa ateguye neza kandi akorwa ku rwego rw’umwuga.
Iyi gahunda
igamije guteza imbere umukino wa basketball mu gihugu hose cya Uganda, ndetse
no gukoresha siporo nk’uburyo bwo gufasha urubyiruko kwiga ubumenyi bufasha mu
buzima bwa buri munsi.
Binyuze muri
iyi gahunda, abakiri bato bazahabwa amahirwe yo kwiga ubumenyi bw’ingenzi
burimo gukorera hamwe nk’ikipe, kugira disipulini, gukora cyane, kugira
ubuyobozi bwiza no kubaho bafite intego. Ibi ni indangagaciro zifasha mu buzima
busanzwe, si mu kibuga cya basketball gusa.
Impande
zombi zagaragaje ko umukino wa basketball ukomeje kwamamara cyane muri Uganda,
cyane ko amashuri menshi asanzwe ategura amarushanwa awushishikariza.
Kugeza ubu,
amakipe abiri yo muri Uganda ari yo Uganda City Oilers na Namuwongo Blazers
yamaze kwitabira irushanwa rya Basketball Africa League, ryateguwe na NBA
Africa, bigaragaza ko igihugu gisanzwe gifite uruhare mu marushanwa ya
basketball ku rwego rw’umwuga.
Hashingiwe
kuri iyo ntambwe, inama yabaye yanaganiriye ku buryo bwo kongera ubufatanye
hagati ya Minisiteri y’Uburezi na Siporo ya Uganda na NBA Africa, hagamijwe
gushyiraho gahunda ituma iterambere rya basketball rikorwa mu buryo bunoze
kandi ku rwego rw’umwuga, by’umwihariko mu rubyiruko.
Ibindi
byaganiriweho harimo gutegura amahugurwa ya basketball (basketball clinics),
guhuza siporo n’umuco ndetse n’imyidagaduro mu birori bya basketball, no
gukoresha ibyamamare muri uyu mukino n’imiyoboro yabo mu kumenyekanisha
ubukerarugendo.
Ibiganiro byagaragaje
kandi ko basketball ishobora kuba isoko rikomeye ry’ubukungu iyo iteje imbere
neza. Nk’uko NBA Africa ibivuga, amarushanwa ya basketball ku rwego rw’umwuga
ashobora guteza imbere inzego nyinshi zirimo amahoteli, ubwikorezi, serivisi
z’ikoranabuhanga, inganda z’ubuhanzi n’imyidagaduro, ibikorwa remezo ndetse
n’ikorwa ry’ibirori.