• Imyidagaduro / ABAHANZI

Urugo rw’umuhanzikazi w’icyamamare Rihanna ruherereye mu gace ka Beverly Hills rwarashweho amasasu, nk’uko byatangajwe na polisi.

Abapolisi bo muri Los Angeles Police Department bageze aho byabereye nyuma yo kwakira amakuru y’amasasu yarashwe ahagana saa saba n’iminota 15 z’amanywa ku isaha yaho (13:15), ku cyumweru.

Polisi yahise itangira iperereza maze ifata umuntu umwe ukekwaho kuba ari we warashe ayo masasu.

Umwe mu bayobozi ba polisi yabwiye CBS News, umufatanyabikorwa wa BBC News muri Amerika, ko inzu yarashweho ari iya Rihanna. Yavuze kandi ko ku cyabereye aho habonetse amasasu by’imbunda yo mu bwoko bwa assault rifle.

Nubwo ayo masasu yarashwe yerekeza ku nzu ye, nta muntu wakomeretse muri icyo gikorwa. Amakuru yatangajwe n’umuntu uri mu nzego z’umutekano yabwiye ikinyamakuru Los Angeles Times ko Rihanna yari ari muri iyo nzu ubwo ayo masasu yaraswaga.

Polisi yatangaje ko ukekwaho gukora icyo gikorwa ari umugore uri mu kigero cy’imyaka 30. Uwo mugore ngo yahagaze mu modoka hanze y’urugo rw’umuhanzikazi Rihanna ruherereye muri Beverly Hills, hanyuma arasa amasasu arindwi mbere yo guhita yihuta agahunga.

Nyuma y’igihe gito, imodoka yakoreshejwe n’uwo mugore yabonetse ku ntera igera kuri kilometero 12 uvuye ku rugo rwa Rihanna. Polisi yahise imufata imushyira mu maboko y’ubutabera.

Kugeza ubu, inzego z’umutekano ntiziratangaza ku mugaragaro amazina y’uwo mugore, mu gihe iperereza rikomeje kugira ngo hamenyekane impamvu yateye icyo gikorwa.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments