Urugo
rw’umuhanzikazi w’icyamamare Rihanna ruherereye mu gace ka Beverly Hills
rwarashweho amasasu, nk’uko byatangajwe na polisi.
Abapolisi bo
muri Los Angeles Police Department bageze aho byabereye nyuma yo kwakira
amakuru y’amasasu yarashwe ahagana saa saba n’iminota 15 z’amanywa ku isaha
yaho (13:15), ku cyumweru.
Polisi
yahise itangira iperereza maze ifata umuntu umwe ukekwaho kuba ari we warashe ayo
masasu.
Umwe mu
bayobozi ba polisi yabwiye CBS News, umufatanyabikorwa wa BBC News muri
Amerika, ko inzu yarashweho ari iya Rihanna. Yavuze kandi ko ku cyabereye aho
habonetse amasasu by’imbunda yo mu bwoko bwa assault rifle.
Nubwo ayo
masasu yarashwe yerekeza ku nzu ye, nta muntu wakomeretse muri icyo gikorwa.
Amakuru yatangajwe n’umuntu uri mu nzego z’umutekano yabwiye ikinyamakuru Los
Angeles Times ko Rihanna yari ari muri iyo nzu ubwo ayo masasu yaraswaga.
Polisi
yatangaje ko ukekwaho gukora icyo gikorwa ari umugore uri mu kigero cy’imyaka
30. Uwo mugore ngo yahagaze mu modoka hanze y’urugo rw’umuhanzikazi Rihanna
ruherereye muri Beverly Hills, hanyuma arasa amasasu arindwi mbere yo guhita
yihuta agahunga.
Nyuma
y’igihe gito, imodoka yakoreshejwe n’uwo mugore yabonetse ku ntera igera kuri kilometero
12 uvuye ku rugo rwa Rihanna. Polisi yahise imufata imushyira mu maboko
y’ubutabera.
Kugeza ubu,
inzego z’umutekano ntiziratangaza ku mugaragaro amazina y’uwo mugore, mu gihe
iperereza rikomeje kugira ngo hamenyekane impamvu yateye icyo gikorwa.
Like This Post? Related Posts