Abanyarwenya
Teacher Mpamire na Patrick Salvado
batanze ibyishimo mu gitaramo ‘Thanks God It’s Funny’ cyabereye muri Kigali
Universe mu ijoro ryo ku wa 6 Werurwe 2026.
Umwihariko
w’iki gitaramo ni uko kiba mu Cyongereza, kuri iyi nshuro uretse Patrick
Salvado wari watumiwe nk’umunyarwenya w’umunsi hakaba hanatunguranye Teacher
Mpamire.
Ni igitaramo
ariko kandi ku rundi ruhande cyitabiriwe n’abanyarwenya bo mu Rwanda bashobora
gukora urwenya mu Cyongereza nka Rusine, Muhindee, Michael Sengazi, Herve
Kimenyi n’abandi banyuranye.
Nkuko bari
babyemereye Salvado, abakozi ba Ambasade ya Uganda mu Rwanda bari mu magana
y’Abanyakigali bari bitabiriye iki gitaramo.
Teacher
Mpamire wagaragaye muri iki gitaramo, ntabwo ari we wari watumiwe ndetse
n’umwanya yafashe wari uwo gusuhuza abantu kuko amakuru yizewe ni uko ari i Kigali aho yari yaherekeje
inshuti ye Salvado.
Salvado wari
umutumirwa w’umunsi muri iki gitaramo ni umwe mu bakomeye mu ruganda
rw’imyidagaduro rwa Uganda by’umwihariko akaba akundirwa uburyo ateramo
urwenya.
Nyuma y’iki
gitaramo, abasanzwe babitegura bahise batangaza ko ikizakurikira kizaba ari
icya Babu Joe uzaba agaruka ku nkuru ye bwite, by’umwihariko uburyo Imana
yamurinze mu minsi ishize kuko yari apfuye Imana igakinga akaboko.
Ni igitaramo bemeje ko Babu Joe azahuriramo na Kivumbi King ku wa 20 Werurwe 2026.
Like This Post? Related Posts