Urwego
rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rweretse itangazamakuru abasore 2 bakurikiranweho
gushukisha abakobwa akazi, bakabambura ibyabo bakanabasambanya ku gahato.
Iki gikorwa
cyabereye ku cyicaro cya RIB ku Kimihurura
kuri uyu wa kabiri tariki ya 10 Werurwe 2026 aho RIB yatangaje
ko mu minsi ishize yagiye yakira
ibirego bitandukanye mu karere ka Rwamagana bivuga
ku bujura ndetse n’ubusambanyi bw’abana
Nkuko bivigwa abakekwaho ibyo byaha bakoreshaga uburyo bwo guhamagara abana b’abakobwa bakabizeza ko bagiye kubaha akazi keza kazajya kabahemba
umushara ushimishije ,abakobwa bakemera
bakaza kw’isanga ahantu batabona ubutabazi
bikarangira bambuwe ibyabo ndetse banasambanyijwe
Umwe muri
aba basore bakekwaho ibi byaha yashakaga abakozi, undi akitwa Umuyobozi wa
kampani.
Sebahizi uri
mu bafashwe yajyaga muri Gare ya Nyabugogo gushaka abana b’abakobwa bashobora
gushukika byoroshye, akifatisha telephone ye, akivugisha ari irunde rwa wa
mwana w’umukobwa.
Ati “Sha,
urampemukiye kandi niriwe ngutegereje muri Gare none dore bunyiriyeho.” Agahita
yegera uwo mukobwa uri hafi ye akamubwira ati “None se ko hari umukozi
umpemukiye ntiwaza ugakora akazi aho kugira ngo Boss aze kumbwira nabi?”
Ubwo
umukobwa abyemeye agahita amuhuza n’uwitwa Boss we, kuri telefoni (ari we wa
mugenzi we), bagahana gahunda, umukobwa akemera kujya i Rwamagana.
Uwo
umujyanye yabona butarira neza akamutinzatinza mu nzira akoresheje amayeri
anyuranye. Bwaba bumaze kwira, umusore akava mu modoka akabwira umukobwa ko
Boss we yamutumye inkoko.
Bagasohoka,
maze uwo musore akamujyana mu gisambu, agakuramo icyuma akakimufatiraho,
akamutegeka kumuha ibyo afite byose, umukobwa akabimuha, akiruka n’igihunga
cyinshi atazi aho yerekeza.
Umuvugizi wa
RIB, Dr. Murangira B. Thierry avuga ko nyuma y’uko abakorewe ibyaha batanze
ibirego, hakozwe iperereza basanga ko ari ibyaha bifitanye isano ndetse bafata
babiri babikekwaho.
Dr. Murangira
araburira abaturage, abasaba kugira amakenga mu byo bakora byose, umuntu
akamenyesha bagenzi be aho ajyiye n’ikimujyanye.
Kugeza ubu
abamaze gutanga ibirego ni barindwi, babiri muri bo bavuga ko basambanyirijwe
mu ishyamba, mu murenge wa Musha.
Aba basore
bakurikiranyweho ibyaha bitanu birimo icyaha cyo gusambanya abana, gukoresha
undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, kugera ku makuru hagambiriwe gukora
icyaha, kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, n’icyaha cyo
gushyiraho umutwe w’abagizi ba nabi.
Like This Post? Related Posts