• Amakuru / POLITIKI


Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yatangaje ko u Rwanda rukeneye kubaka inganda z’ingufu za nucléaire mu rwego rwo kongera amashanyarazi azafasha igihugu kugera ku cyerekezo cyo kuba igihugu giteye imbere mu 2050.

Ibi yabigarutseho kuri uyu wa 10 Werurwe 2026 mu nama mpuzamahanga yiga ku ikoreshwa ry’ingufu za nucléaire mu bikorwa bya gisivile yabereye mu France.

Perezida Kagame yabwiye abari bitabiriye iyi nama ko kugira ngo u Rwanda rugere ku ntego yarwo yo kwihutisha iterambere, rukeneye amashanyarazi menshi, ari yo mpamvu rwatangiye gushyira ingufu za nucléaire mu igenamigambi ry’igihe kirekire.

Yagize ati: “U Rwanda rufite intego yo kuba igihugu giteye imbere mu 2050. Ibyo bisaba umuriro w’amashanyarazi mwinshi, niyo mpamvu twafashe icyemezo cyo gushyira ingufu za nucléaire imbere mu igenamigambi ryacu ry’igihe kirekire.”

Perezida Kagame yasobanuye ko kugira ngo iyi gahunda igerweho bisaba inzego zikomeye, amategeko asobanutse ndetse n’abafite ubumenyi buhagije bwo gutunganya no gukoresha izi ngufu.

Yagaragaje ko Abanyarwanda bamaze gutangira kwiga amasomo ajyanye n’ingufu za nucléaire binyuze mu bufatanye n’inzego mpuzamahanga, kandi ko amasomo ajyanye n’uru rwego yamaze kongerwa mu yigishwa muri kaminuza y’u Rwanda.

Yongeyeho ko kuba hari ikoranabuhanga rishya ry’inganda nto za nucléaire (Small Modular Reactors), bitanga amahirwe ku bihugu bya Afurika yo kongera ingufu z’amashanyarazi zikeneye.

Ati: “Inganda nto za nucléaire, by’umwihariko, zijyanye n’ibyo Afurika ikeneye. Nizeye ko Afurika izaba ahantu h’ingenzi ku Isi hazaba hari inganda nto nyinshi mu myaka iri imbere.”

Perezida Kagame yagaragaje ko kugira ngo iyi mishinga igerweho bisaba ubufatanye mpuzamahanga, harimo inkunga y’imari, ubufatanye mu ikoranabuhanga ndetse no mu bijyanye n’amategeko agenga uru rwego.

Yavuze kandi ko imishinga y’ingufu za nucléaire igikeneye uburyo bunoze bwo guterwa inkunga, cyane ko banki zimwe z’iterambere zitari zisanzwe zitera inkunga bene iyo mishinga.

Yibukije ko mu nama ya 28 y’Umuryango w’Abibumbye yiga ku mihindagurikire y’ibihe, ibihugu byaganiriye ku kamaro ko gushyigikira ingufu za nucléaire mu kugabanya imyuka yangiza ikirere.

Perezida Kagame yashimangiye ko ibihugu biri mu nzira y’iterambere bikwiye gushyirwa muri gahunda mpuzamahanga igenga ubufatanye mu rwego rw’ingufu za nucléaire kugira ngo abaturage babyo babone amahirwe yo kunguka ubumenyi n’ikoranabuhanga rikenewe.

Yongeyeho ko amahame yashyizweho n’Urwego Mpuzamahanga rushinzwe ingufu za nucléaire, International Atomic Energy Agency (IAEA), akwiye gukurikizwa ku buryo bungana n’ibihugu byose.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments