Icyo gitabo Constant Mutamba uwahoze ari Minisitiri w’Ubutabera, yacyise “Amavugurura mu butabera yakozwe n’agikenewe gukorwa”. Igitabo bigaragara ko ari kunegura urwego rw’ubutabera ku butegetsi bwa Perezida Felix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira demokrasi ya Congo (RDC).
Nubwo afunzwe, Constant Mutamba ntiyahagaritse urugamba
rwamuranze igihe yari ayoboye Minisiteri y’Ubutabera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Uyu mugabo utakiri mu bikorwa bya politiki bya
buri munsi, akomeje gukoresha ikaramu ye nk’intwaro mu gukomeza guharanira
ubutabera bukomeye kandi bwizewe mu gihugu cye.
Ni muri urwo rwego yanditse igitabo yise
“Amavugurura mu butabera yakozwe n’agikenewe gukorwa: Urufunguzo rwo
kongera kubaka ubutabera bwa Congo.”
Muri iki gitabo, uwahoze ari
Minisitiri w’Ubutabera ashaka gutanga ubutumwa: ko kongera kubaka Leta ya Congo
bidashoboka hatabayeho kuvugurura byimbitse urwego rw’ubutabera.
Mu nyandiko ye, Mutamba agaruka ku
cyo abona nk’imwe mu ntambara zikomeye ku hazaza h’igihugu: ivugurura ry’urwego rw’ubutabera. Asobanura ko ubutabera bwa Congo bwamaze igihe kirekire
butajegajega, nyuma bugahura n’igitutu kinyuranye, ndetse bukaba bwaragaragayemo
kudahana ibyaha n’imyitwarire idahwitse.
Kuri we, igihugu ntigishobora kubakwa
ku musingi ukomeye mu gihe ubutabera butameze neza. Avuga ko ituze ry’inzego za
Leta, icyizere abaturage bagirira igihugu ndetse n’ubushobozi bwa Leta bwo
kwizerwa, byose bishingira mbere na mbere ku kuba hariho ubutabera bukomeye, bwigenga kandi bwubashywe.
Yanditse ati:“Nta
butabera bukomeye, nta mavugurura arambye cyangwa ituze ry’igihugu bishoboka.”
Mu gitabo cye, Mutamba agaragaza
ishusho y’urwego rw’ubutabera rwamaze igihe ruri mu bibazo byinshi. Avuga ko
ubutabera bwahuye n’igitutu cya politiki, kudahana ibyaha, ndetse n’imyitwarire
idahwitse mu bayobozi bamwe.
Uyu muyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe
na Leta asobanura ko igihe yemeye kuyobora Minisiteri y’Ubutabera, atari
ukubera icyubahiro cy’uwo mwanya cyangwa inyungu ziwurimo. Ahubwo byatewe
n’icyifuzo cyo guhangana n’ibibazo bikomeye byari byugarije ubutabera.
Yagize ati:“Ntabwo nemeye kuba
Minisitiri w’Ubutabera kubera ibyiza by’uwo mwanya cyangwa ubuzima bworoshye.
Nabikoze kugira ngo mpangane n’ubutabera bwari bumaze gucika intege kandi buri
mu gitutu.”
Kuri we, igitekerezo cyari
gisobanutse: nta gihugu gishobora kugira ituze cyangwa
amavugurura arambye hatabayeho ubutabera bukomeye.
Mutamba avuga ko igitabo cye
kitagamije kuba amateka ye bwite gusa. Asobanura ko iki gitabo atari inkuru
y’ubuzima bwe cyangwa inyandiko yanditswe kubera ibihe arimo.
Ahubwo akigaragaza nk’inyandiko
igamije imiyoborere myiza no kugaragaza inshingano ze ku
gihugu.
Muri iki gitabo, asobanura
amavugurura mu butabera avuga ko yatangije igihe yari mu buyobozi bwa
guverinoma. Agaragaza kandi n’andi mavugurura yatangiye gushyirwa mu bikorwa
nubwo hari ayateye impaka mu banyapolitiki.
Uretse ibyo, agaragaza n’amavugurura
ateganya ko azakomeza gukorwa mu gihe kiri imbere. Kuri we, kuvugurura
ubutabera ntibikwiye kugarukira ku gihe cy’ubuyobozi runaka, ahubwo bigomba
kuba gahunda y’igihe kirekire.
Ni muri urwo rwego iki gitabo gikorwa
nk’inyandiko igaragaza umushinga w’amavugurura
ugamije gukomeza no mu gihe ubuyobozi buzaba bwarahindutse.
Mutamba avuga ko igitabo cye yagenewe
abantu benshi batandukanye.
Cyibanze ku bari mu rwego rw’ubutabera
nka:
·
abacamanza,
·
abunganira
abantu mu mategeko,
·
abarimu
n’abashakashatsi mu mategeko.
Ariko kandi kigenewe n’abafata
ibyemezo bya politiki ndetse n’abaturage bose bashaka gusobanukirwa ibyemezo
byafashwe mu gihe yari Minisitiri w’Ubutabera.
Muri iki gitabo, asobanura impamvu
zimwe mu myanzuro yafashwe ndetse n’impamvu, ku bwe, ayo mavugurura agomba
gukomeza.
Kuri Mutamba, ubutabera ntibukwiye
gufatwa nk’inzego zigaragara gusa cyangwa amategeko ari ku mpapuro. Ahubwo
abubona nk’urugamba ruhoraho:
·
urugamba
rwo kurwanya akarengane,
·
urugamba
rwo kurwanya kudahana ibyaha,
·
urugamba
rwo kurwanya ubwoba no guceceka.
Mu gusoza igitekerezo cye, Mutamba
ashimangira ko ivugurura ry’ubutabera atari amahitamo ya
politiki gusa, ahubwo
ari ikintu cy’ingenzi ku hazaza ha Repubulika
Iharanira Demokarasi ya Congo.
Yagize ati:“Amavugurura si amahitamo.
Ni ikintu igihugu gikeneye byihutirwa.”
Mutamba arashaka gusiga umurage w’ibitekerezo n’imishinga igamije kongera icyizere mu butabera bwa Congo no gukomeza kubaka Leta ikomeye.
Nubwo ubu afunzwe, Constant Mutamba, avuga ko azakomeza urugamba yatangiye: urugamba rwo kubaka ubutabera bushobora guhangana n’igitutu kandi bugasubiza ibyifuzo byimbitse by’Abanyekongo
Like This Post? Related Posts