• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE


 Icyo gitabo Constant Mutamba uwahoze ari Minisitiri w’Ubutabera, yacyise “Amavugurura mu butabera yakozwe n’agikenewe gukorwa”. Igitabo bigaragara ko ari kunegura urwego rw’ubutabera ku butegetsi bwa Perezida Felix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira demokrasi ya Congo (RDC).

Nubwo afunzwe, Constant Mutamba ntiyahagaritse urugamba rwamuranze igihe yari ayoboye Minisiteri y’Ubutabera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.  Uyu mugabo utakiri mu bikorwa bya politiki bya buri munsi, akomeje gukoresha ikaramu ye nk’intwaro mu gukomeza guharanira ubutabera bukomeye kandi bwizewe mu gihugu cye.

Ni muri urwo rwego yanditse igitabo yise “Amavugurura mu butabera yakozwe n’agikenewe gukorwa: Urufunguzo rwo kongera kubaka ubutabera bwa Congo.”

Muri iki gitabo, uwahoze ari Minisitiri w’Ubutabera ashaka gutanga ubutumwa: ko kongera kubaka Leta ya Congo bidashoboka hatabayeho kuvugurura byimbitse urwego rw’ubutabera.

Mu nyandiko ye, Mutamba agaruka ku cyo abona nk’imwe mu ntambara zikomeye ku hazaza h’igihugu: ivugurura ry’urwego rw’ubutabera. Asobanura ko ubutabera bwa Congo bwamaze igihe kirekire butajegajega, nyuma bugahura n’igitutu kinyuranye, ndetse bukaba bwaragaragayemo kudahana ibyaha n’imyitwarire idahwitse.

Kuri we, igihugu ntigishobora kubakwa ku musingi ukomeye mu gihe ubutabera butameze neza. Avuga ko ituze ry’inzego za Leta, icyizere abaturage bagirira igihugu ndetse n’ubushobozi bwa Leta bwo kwizerwa, byose bishingira mbere na mbere ku kuba hariho ubutabera bukomeye, bwigenga kandi bwubashywe.

Yanditse ati:“Nta butabera bukomeye, nta mavugurura arambye cyangwa ituze ry’igihugu bishoboka.”

Ubutabera bwacitse intege kubera igitutu

Mu gitabo cye, Mutamba agaragaza ishusho y’urwego rw’ubutabera rwamaze igihe ruri mu bibazo byinshi. Avuga ko ubutabera bwahuye n’igitutu cya politiki, kudahana ibyaha, ndetse n’imyitwarire idahwitse mu bayobozi bamwe.

Uyu muyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe na Leta asobanura ko igihe yemeye kuyobora Minisiteri y’Ubutabera, atari ukubera icyubahiro cy’uwo mwanya cyangwa inyungu ziwurimo. Ahubwo byatewe n’icyifuzo cyo guhangana n’ibibazo bikomeye byari byugarije ubutabera.

Yagize ati:“Ntabwo nemeye kuba Minisitiri w’Ubutabera kubera ibyiza by’uwo mwanya cyangwa ubuzima bworoshye. Nabikoze kugira ngo mpangane n’ubutabera bwari bumaze gucika intege kandi buri mu gitutu.”

Kuri we, igitekerezo cyari gisobanutse: nta gihugu gishobora kugira ituze cyangwa amavugurura arambye hatabayeho ubutabera bukomeye.

Igitabo kigamije imiyoborere n’ubunyamwuga

Mutamba avuga ko igitabo cye kitagamije kuba amateka ye bwite gusa. Asobanura ko iki gitabo atari inkuru y’ubuzima bwe cyangwa inyandiko yanditswe kubera ibihe arimo.

Ahubwo akigaragaza nk’inyandiko igamije imiyoborere myiza no kugaragaza inshingano ze ku gihugu.

Muri iki gitabo, asobanura amavugurura mu butabera avuga ko yatangije igihe yari mu buyobozi bwa guverinoma. Agaragaza kandi n’andi mavugurura yatangiye gushyirwa mu bikorwa nubwo hari ayateye impaka mu banyapolitiki.

Uretse ibyo, agaragaza n’amavugurura ateganya ko azakomeza gukorwa mu gihe kiri imbere. Kuri we, kuvugurura ubutabera ntibikwiye kugarukira ku gihe cy’ubuyobozi runaka, ahubwo bigomba kuba gahunda y’igihe kirekire.

Ni muri urwo rwego iki gitabo gikorwa nk’inyandiko igaragaza umushinga w’amavugurura ugamije gukomeza no mu gihe ubuyobozi buzaba bwarahindutse.

Ubutumwa bugenewe Abanyekongo bose

Mutamba avuga ko igitabo cye yagenewe abantu benshi batandukanye.

Cyibanze ku bari mu rwego rw’ubutabera nka:

·         abacamanza,

·         abunganira abantu mu mategeko,

·         abarimu n’abashakashatsi mu mategeko.

Ariko kandi kigenewe n’abafata ibyemezo bya politiki ndetse n’abaturage bose bashaka gusobanukirwa ibyemezo byafashwe mu gihe yari Minisitiri w’Ubutabera.

Muri iki gitabo, asobanura impamvu zimwe mu myanzuro yafashwe ndetse n’impamvu, ku bwe, ayo mavugurura agomba gukomeza.

Kuri Mutamba, ubutabera ntibukwiye gufatwa nk’inzego zigaragara gusa cyangwa amategeko ari ku mpapuro. Ahubwo abubona nk’urugamba ruhoraho:

·         urugamba rwo kurwanya akarengane,

·         urugamba rwo kurwanya kudahana ibyaha,

·         urugamba rwo kurwanya ubwoba no guceceka.

Guhamagarira gukomeza amavugurura

Mu gusoza igitekerezo cye, Mutamba ashimangira ko ivugurura ry’ubutabera atari amahitamo ya politiki gusa, ahubwo ari ikintu cy’ingenzi ku hazaza ha Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yagize ati:“Amavugurura si amahitamo. Ni ikintu igihugu gikeneye byihutirwa.”

Mutamba arashaka gusiga umurage w’ibitekerezo n’imishinga igamije kongera icyizere mu butabera bwa Congo no gukomeza kubaka Leta ikomeye.


Nubwo ubu afunzwe, Constant Mutamba, avuga ko azakomeza urugamba yatangiyeurugamba rwo kubaka ubutabera bushobora guhangana n’igitutu kandi bugasubiza ibyifuzo byimbitse by’Abanyekongo

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments