Perezida Donald Trump wa Amerika yavuze ko ari “ishema rikomeye” kuba arimo kwica abo mu butegetsi bwa Iran mu butumwa yashyize ku mbuga nkoranyambaga.
Muri
iki gitondo yanditse ku rubuga rwe Truth Social ati: “Turimo gusenya nyabyo
ubutegetsi bw’iterabwoba bwa Iran, igisirikare, ubukungu n’ibindi.
“Igisirikare
cya Iran cyagiye, igisirikare kirwanira mu kirere nta kigihari, za misile,
n’ibindi byose birimo gusibwa, kandi n’abategetsi babo bavanywe ku isura
y’isi”.
Hagati
aho Iran yo ikomeje ibitero byo kwihimura kuri Israel n’ibihugu bituranye na yo
aho Amerika ifite ibirindiro by’ingabo.
Igisirikare
cya Israel cyatangaje ko ubu kirimo guhangana n’ibitero bya za misile zarashwe
na Iran zerekeza kuri Israel
Intabaza
ziburira rubanda zumvikanye mu bice byibasiwe muri Israel kandi ubutumwa bwo
kuri telephone bubwira abantu kujya mu bwihisho bwoherejwe mu bice bitandukanye
bya Israel, nk’uko ingabo zibivuga.
Trump
we yavuze ko Amerika ifite intwaro “zitagereranywa, n’igihe gihagije” – ati:
“Murebe ibigiye kubabaho uyu munsi”.
Aterekanye
ibihamya, Trump ashinja abategetsi bwa Iran “kwica inzirakarengane” mu myaka 47
ishize.
Ati:
“None ubu, njyewe Perezida wa 47 wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ndimo
ndabica. Mbega ibintu biteye ishema gukora!”.
Hari
abantu bashyigikiye ibikorwa n’amagambo ya Trump, mu gihe abandi bamunenga
gushora isi mu ntambara, ubwicanyi ku basivile, no guteza ingaruka mbi kuri
benshi ku isi.