• Amakuru / MU-RWANDA


Mu Karere ka Nyarugenge, mu Murenge wa Rwezamenyo, umugabo witwa Habimana Eric, yafatiwe mu iduka ari kwiba baramukubita bamugira intere.

Ibi byabaye mu masaha ya Saa Mbiri za mu gitondo (8h00') kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 13 Werurwe 2026, mu Murenge wa Rwezamenyo, mu Karere ka Nyarugenge, mu Mujyi wa Kigali.

Uyu mugabo wakubiswe akigirwa intere ku buryo no kuvuga byari bigoranye avuga ko avuka mu Karere ka Nyagatare.

Abaturage bamubonye akingura iduka ricururizwamo ibikoresho byakoreshejwe bagariye na BTN TV bavuze uko byagenze.

Umwe yagize ati:"Njyewe nari maze gufungura nsohotse nsanga  uyu mugabo arimo arakingura iduka noneho ambonye arirukanka, njye mugusubira mu nzu ndebye hano mbona nta ngufuri iriho kandi hari hariho ingufuri imwe, ndungurutsemo nsanga arimo arapakira ibintu mu gikapu niko guhita mpamagara."

Habimana ukekwaho kwiba yakubiswe bikomeye n'umuhisi n'umugenzi kugeza ubwo nyir'izina iduka yahageraga agashaka kumukubita umuhini ariko abanyerondo bakitambika.

Habimana wafatiwe mu cyuho ari kwiba avuga ko asanzwe akora akazi ko gusudira mu Gakinjiro ko mu Mujyi, agahakana ko asanzwe yiba ko ibyo yakoze yabitewe n'ubusinzi.

Ukekwaho ubwo bujura yahise ajyanwa kuri Bridagade ya Nyamirambo, mu Karere ka Nyarugenge, mu Mujyi wa Kigali. 

Abaturage basaba ko abajura bajya bafungwa burundu kuko barambiwe kwibwa ababibye bakikozayo (muri gereza) bagahita bagaruka.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments