• Amakuru / MU-RWANDA


Abaturage batuye bo mu Murenge wa Gasange, mu Karere ka Gatsibo, bavuga ko babangamiwe n'umusore uri mu kigero cy'imyaka 28 y'amavuko bakunze kwiita 'Umwana w'igini' kuko yabazereje abiba yafatwa bwacya abamufunze bakamubura.

Abagaragaza iki kibazo batuye mu Mudugudu wa Kibuye, mu Kagari ka Kigoma, mu Murenge wa Gasange, mu Karere ka Gatsibo, mu Ntara y'Iburengerazuba.

Aba baturage baravuga ibi nyuma y'uko mu ijoro ryakeye abajura bitwaje intwaro gakondo bateye urugo rw'umugabo witwa Nsabimana Augustin, bagatobora inzu ye bakamuwara ibicuruzwa byari mu isuka rye.

Yagize ati:"Banyibye imifuka y'umuceri itandutu (6), umufuka umwe w'isukari, injerekani ebyiri (2) z'amavuta, injerekani ya lisansi..."

Yakomeje avuga ko ibintu byose yibwe bifite agaciro kari hagati y'ibihumbi 750.000Frw na 800.000Frw.

Abaturage bavuga ko uwo bita umwana w'igini ari we wibye Nsabimana kuko yajeyitwaje ibyuma by'imitarimba n'ibindi byuma bakoresheje bacukura inzu.

Bakomeje bavuga ko ubiba ari uwo bita umwana w'igini kuko ngo afite ubumaji budasanzwe kuko yihindura umuserebanya, bamufunga bwacya bakamubura ndetse n'abapolisi baza kumufata bagose inzu agaca muri parafo akanyura hejuru bakamubura.

 Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda mu Ntara y'Iburengerazuba, SP Hamudun Twizeyimana, avuga ko ukurikiranyweho ubwo bujura yamaze gutabwa muri yombi.

Ati:"Kugeza ubu ntabwo turamenya ngo ni bande babikoze ariko iperereza rya tangiye n'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha (RIB) rwahageze. Gusa, hari umwe umwe mu bakekwa wafashwe ariko iperereza rirakomeje."

Abaturage bavuga ko uwafashwe ari uwo basanzwe bakekaho ubujura ari na we bita' umwana w'igini' bagasaba ko bahabwa ubutabera agahanwa byihanukiriye.

Itegeko no.68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 166 ivuga ko umuntu wese uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2), ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe ariko atarenze miliyoni ebyiri, imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Ingingo ya 167 muri iryo tegeko ivuga ko ibihano ku cyaha cyo kwiba byikuba kabiri iyo uwibye yakoresheje guca icyuho, kurira cyangwa yakoresheje igikoresho icyo aricyo cyose gifungura aho utemerewe kwinjira, kwiba byakozwe mu nzu ituwemo cyangwa isanzwe ibamo abantu cyangwa mu nyubako ziyikikije, kwiba byakozwe nijoro cyangwa kwiba byakozwe n’abantu barenze umwe.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments