Mukankusi Frida ni umukecuru uri mu kigero cy'imyaka 75 atuye mu Mudugudu wa Cyeru akagari ka Kayonza Kayonza mu Murenge wa Mukarange. Avuga ko mu kwezi kwa Karindwi kwa 2025 aribwo yakoze impanuka n’igare ibyamuviriyemo ubumuga.
Mukankusi avuga ko kuri ubu ntacyo ashobora kuba yakora
ndetse ngo ubuzima abayemo ubuyobozi bw’inzego
z’ibanze burabuzi. Uyu Mukankusi ni umwe mu baturage
batangirwa ubwisungane mu kwivuza ariko ngo kubera kwirirwa yicaye mu rugo
inzara igiye kuzahamwicira.
Umunyamabanga nshingwabikorwa
w’umurenge wa Mukarange Bwana Murekezi Claude ku murongo wa
Telephone aganira n itangazamakuru rya Bplus TV yavuze ko ikibazo cy’uyu muturage atari akizi bityo ko agiye kugikurikirana.
Mukankusi Frida usaba
gufashwa yemeza ko agifite imbaraga yakoraga akishakira ibimutunga ariko kuri ubu ngo imbaraga zabaye nke
ndetse yewe ngo yagerageje kwegera ubuyobozi bw’inzego
z’ibanze ariko ntibwagira icyo
bumumarira.