• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE


Abanya-Uganda batandatu bagejejwe imbere y’urukiko bakekwaho kugira uruhare mu bujura bukoresheje ikoranabuhanga bwibasiye Equity Bank Rwanda, aho bivugwa ko hibwe amafaranga agera kuri miliyari 4,9 z’amafaranga y’u Rwanda.

Aba bantu, bigaragara ko bakomoka mu mirimo itandukanye irimo ubuhinzi n’ubucuruzi, bashyikirijwe ubutabera ku wa Mbere tariki ya 23 Werurwe 2026, nyuma y’iperereza ryagaragaje uruhare rwabo muri iki cyaha gikomeye cyambukiranya imipaka.

Nk’uko dosiye y’iperereza ibigaragaza, Polisi ya Uganda ivuga ko aba bakekwaho kwinjira mu buryo bunyuranyije n’amategeko muri sisiteme za mudasobwa za Equity Bank Rwanda, bakoresheje ubumenyi bw’ikoranabuhanga (cybercrime), bakabasha kubona inyungu igera kuri miliyoni 3,4 z’amadolari ya Amerika, ahwanye na miliyari hafi 5 Frw.

Iki kirego cyanditswe kuri nimero CRB: 215/2026, kiri gukurikiranwa na Polisi ya Kampala (CPS Kampala), kikazaburanishwa hashingiwe ku mategeko ahana ibyaha by’ikoranabuhanga n’ubujura bukoresheje mudasobwa.

Abaregwa ni aba bakurikira:

  • Mugisha Solomon uzwi nka Nelson w'imyaka 33 y'amavuko, umucuruzi wo mu gace ka Kira, Wakiso
  • Enock Mpanga Kazige w'imyaka 34 y'amavuko, umuhinzi wo mu gace ka Namulondo, Wakiso
  • Katerega Benedicto w'imyaka 35 y'amavuko, umucuruzi wo mu gace ka Matuga, Wakiso
  • Kiyimba Faruk w'imyaka 30 y'amavuko, umuhinzi wo mu gace ka Bunamwaya, Wakiso
  • Oketcho Gerard w'imyaka 31 y'amavuko, ukora mu bwubatsi muri Medix Ltd ndetse akaba n’umushoferi w’imodoka zitwara abagenzi

Iperereza rigaragaza ko ibi byaha byakozwe hagati ya tariki ya 14 na 18 Gashyantare 2026, bikorerwa mu bice bitandukanye byo muri Kigali no muri Kampala.

Abakekwaho icyaha bashinjwa gucengera sisiteme za banki, bakazikoresha mu buryo butemewe n’amategeko, bagakuramo amafaranga menshi cyane. Dosiye ivuga ko aba bantu “binjiye mu ikoranabuhanga rya banki” bagamije kuyinyunyuza amafaranga.

Nubwo aba batandatu ari bo bamaze gufatwa, amakuru aragaragaza ko hari abandi benshi bagishakishwa bakekwaho kuba baragize uruhare muri ubu bujura. Iperereza rikomeje ku bufatanye bw’inzego z’umutekano zo mu Rwanda no muri Uganda, cyane cyane mu gukurikirana ibyaha byambukiranya imipaka.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments