Abaturage baturiye Pariki y'Ibirunga mu Karere ka Musanze, mu Ntara y'Amajyaruguru, bavuga ko bavoma amazi mabi aturuka mu birunga kubera ko aho batuye nta mazi meza ahari.
Aba
baturage bakomeza bavuga ko kutagira amazi meza bibagiraho ingaruka zikomeye
zirimo n'indwara ziterwa n'umwanda.
Umwe
ati:"Tuvoma mu ishyamba kandi nabwo ntabwo byemewe tujyayo twihishe. Iyo
ibisimba byaje ku muserege ntabwo tuvoma ndetse n'abarinzi ntibatwemerera."
Undi
muturage yakomeje avuga ko kubona amazi meza muri ako gace ari ikibazo
gikomeye.
Ati:"Twe
abagore ni ikibazo iyo umugabo atagiyeyo ntabwo wamesa, ntiwanakaraba."
Bakomeje
bavuga ko amzi bavoma aba ari mabi kuko aba arimo ususimba nk'imisundwe bityo
bagasaba ko bakwegerezwa amazi meza.
Yagize
ati:"Mutuvaganire natwe tubone amazi meza. Twifuza ko leta yatugoboka
natwe tukabona amazi."
Umuyobozi
w'Akarere ka Musanze Wungireje ushinzwe Iterembere ry'Ubukungu, Uwanyirigira
Clarisse, avuga ko abaturage bo muri ako gace bagiye kubona amazi.
Ati:"Icyiza
kiriho n'uko hari ibigega biri kubakwa Mutobo, bizuzura mu mpera z'uyu mwaka.
Nicyo gisubizo kirambye dutegereje."
Aba
baturage mu gihe batarabona amazi meza abafite ubushobozi bagerageza kwishakamo
ibisubizo, aho bakoresha amahema bakubaka ibigega bifata amazi.
Muri Gashyantare 2025, Mu Karere ka Musanze habarurwaga amavomo rusange 579, ariko muri yo 34 ntabwo yakoraga mu Karere kose.