Guverinoma
ya Namibia yatangaje ko yanze gutanga uburenganzira (licence) ku kigo cya
Starlink, gifitwe n’umushoramari Elon Musk, cyo gutanga serivisi za internet
muri iki gihugu.
Abayobozi
bavuze ko iki cyemezo cyafashwe hashingiwe ku mategeko agenga itumanaho
n’itangwa rya serivisi z’ikoranabuhanga, aho ibigo bishaka gukorera muri
Namibia bisabwa kubahiriza ibisabwa birimo no kugira uruhare rw’abenegihugu mu
migabane y’ikigo.
Starlink,
isanzwe itanga internet ikoresheje satelite mu bihugu byinshi ku isi, yari
yitezweho gufasha kunoza serivisi z’itumanaho cyane cyane mu bice by’icyaro
bitagerwamo n’imiyoboro isanzwe ya internet.
Nubwo bimeze
bityo, ubuyobozi bwa Namibia bushimangira ko bugomba kubanza kurengera inyungu
z’igihugu n’abaturage bacyo mbere yo gutanga uburenganzira ku masosiyete
mpuzamahanga.
Icyemezo cyo
kwanga Starlink gishobora kugira ingaruka ku iterambere ry’ikoranabuhanga muri
iki gihugu, ariko kandi kikerekana ubushake bwo kugenzura neza isoko
ry’itumanaho no kurinda ubusugire bw’ubukungu bw’igihugu.
Elon Musk,
wavukiye muri Afurika y’Epfo, yagiye agaragaza ko atemeranya n’aya mategeko,
ayita ivangura rishingiye ku guharanira uburinganire (“discrimination positive”).
Ibi bishobora gukomeza gushyira imbogamizi ku kwaguka kwa Starlink muri aka
karere, aho ibihugu byinshi bishyira imbere ubusugire bw’ubukungu n’inyungu
rusange z’abaturage babyo.
Like This Post? Related Posts