• Imyidagaduro / IBITARAMO

Umuhanzi  Rumuhuriza James  uzwi nka King James umwe mubo u Rwanda rufite  ari mu myiteguro  yo gukora  igitaramo cy’amateka azahurizamo n’abafana be nyuma y’imyaka  20 amaze mu muziki nyarwanda  giteganyijwe  kubera muri  BK ARENA.

Nyuma  yo gutangaza  itariki  azataramiraho   ntibiba byoroshye ko wabona muri uru ruganda rwa Muziki  nyarwanda abahanzi bafata umwanya bakavuga ibyiza  kuri  mugenzi wabo bakora akazi kamwe  .

Kuri  King James  siko bimeze  kuko mu mpera  z’Iki cyumwe abahanzi Muneza Christopher n’umuraperi Gatsinzi Emery  bavuze imyato  mugenzi wabo  nyuma y’urugendo  rurerure bagendanye muri iyi myaka yose bamaze  mu muziki .

Uyu muhanzi  ubwo yari  yitabiriye iserukiramuco rya Siga Figa  icyumweru gishize i Huye yabajijwe  uko yafashe kuba mugenzi we  King James agiye gukora igitaramo cye wenyine muri BK Arena.

Yagize ati “King James ni we muhanzi ufite indirimbo nyinshi zakunzwe (hits) twese na ba Masabo Nyangezi, Rugamba Sipiriyani barimo. Twigeze kwicara turabikora turabibara n’abandi bahanzi bagenzi banjye.”

Christopher ahamya ko asanzwe ari umufana wa King James yongeyeho ko amukundira bikomeye uburyo ari umwanditsi mwiza.

Ati “King James ni we muhanzi wa mbere mu Rwanda ufite indirimbo zakunzwe nyinshi kuriya, noneho akaba ari n’umuntu wandika neza,

Ku ruhande rwa Riderman  nawe yunze mu rya Christopher   yavuze ko King James ari umwanditsi w’indirimbo udasanzwe, ufite “amagambo adasaza”, bivuze ko indirimbo ze n’izo yatangiye kera zikigira agaciro kugeza n’ubu.

Yemeje  nawe kandi ko king James  ari umwe  ari umwe mu bahanzi beza u Rwanda rufite mu bijyanye no kwandika indirimbo, kandi yakoze indirimbo nyinshi zakunzwe cyane.

Ku bijyanye n’uko bamwe bavuga ko yaba atagaragara cyane, Riderman yavuze ko atarirengagijwe, ahubwo abantu bose mu muziki baramwubaha cyane, kandi  akunda kubaho atuje cyane .

Yanagaragaje ko ubucuti bwabo ari bwiza, ndetse yanakoresheje  indirimbo ya King James “Warikiniraga” kubera kuyikunda cyane.

Ridemana na King James batangiye muzika mu 2006, bivuze ko bari kwizihiza imyaka 20 mu rugendo rwabo rwa muzika.

Igitaramo 20 Years of King James  kizaba tariki ya 1 Kanama 2026 muri BK Arena kikba kiri gutegurwa  na Kopanyi ya Bruce  Intore usanzwe uzwhiho  gutegura ibitaramo yitwa Intore Entertainment

 


 



Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments