Umuhanzi wo
muri Uganda Pius Mayanja uzwi nka Pallaso akaba
na Murumuna w’icyamamare Jose Chameleon na Weasel Manizzo yahishuye uko
yishimira cyane mugenzi we Spice Diana, amushimira ubwitange n’iterambere
akomeje kugaragaza mu muziki we.
Mu kiganiro
aherutse kugirana n’itangazamakuru, Pallaso yavuze ko nubwo batagihura kenshi
nk’uko byahoze mbere, icyubahiro amufitiye kitigeze kigabanuka.
Yagize ati:“Twajyaga
tumarana igihe kinini, ariko ubu twese turi guhangana n’akazi kenshi. Iyo
mbonye umwanya, ndamuvugisha.”
Yakomeje
ashimira Spice Diana ku kudacika integer kwe no gukorana imbaraga nyinshi, avuga ko uburyo
ahorana umuhate mu kazi bwe bukomeje kumutandukanya n’abandi bahanzikazi muri
icyo gihugu.
“Ubuzima kuri
twembi busigaye butuma tuba duhuze cyane . Hari igihe mba mfite akazi kenshi
cyangwa na we ari ko bimeze, ariko ndamwubaha cyane,”
Aya magambo
agaragaza ubwubahane buri hagati y’aba bahanzi bombi, nubwo gahunda zabo
zisigaye zituma badahura kenshi.
Spice Diana
akomeje kuba umwe mu bahanzikazi bahagaze neza kandi bahoraho mu muziki wa
Uganda, kandi kuba ashimwa n’abahanzi bagenzi be nka Pallaso bikomeza
gushimangira umwanya we ku isonga mu ruganda rw’umuziki.
Like This Post? Related Posts