• Imyidagaduro / ABAHANZI

Inzego z’Iperereza mu Bufaransa, zataye muri yombi umuhanzi uvuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, RDC, Gandhi Djuna, uzwi nka Maître Gims akurikiranyweho ibyaha birimo gutera inkunga imitwe y’abagizi ba nabi.

Gims uvuka muri RDC yatawe muri yombi akigera ku kibuga cy’indege cya Paris-Charles de Gaulle kuri uyu wa 25 Werurwe 2026.

Ikinyamakuru Africa Intelligence cyatangaje ko ibyaha akurikiranyweho bifite aho bihuriye no gutera inkunga amatsinda y’abagizi ba nabi n’iyezandonke.

Gandhi Alimasi Djuna, wamamaye mu buhanzi nka Maître Gims, cyangwa Gims ni Umunye-Congo wageze mu Bufaransa afite imyaka ibiri akurirayo ariko inshuro zose yagerageje gushaka ubwenegihugu bw’iki gihugu ntiyabuhawe.

Ni umwe mu bacengewe cyane na politike y’urwango ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Yageze ubwo yandika indirimo ashyiramo amagambo asebya Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame.

Maître Gims yanamenyekanye mu bikorwa byo gukwirakwiza imvugo zihembera urwango n’ihohoterwa ryibasira Abatutsi.

Muri filime mbarankuru yakozwe na Netflix yareruye aravuga ngo ‘ntabwo urwango rw’Abatutsi waruhagarikisha umutobe w’amacunga’. Asoje aya magambo yakoze ikimenyetso cyo kurashisha imbunda, akangurira abantu ubwicanyi.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments