• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangaje ko yongereye igihe ntarengwa cyo kugaba ibitero ku bikorwa by’ingufu bya Iran, kugeza mu ntangiriro za Mata (hafi ku ya 6–7 Mata 2026), mu rwego rwo guha amahirwe ibiganiro bikomeje

Trump yatangaje uku guhagarika by’agateganyo ibitero ku bikorwa by’ingufu bya Iran mu gihe cy’iminsi igera ku 10.

Ibi byakozwe mu gihe avuga ko ibiganiro hagati ya Amerika na Iran biri kugenda neza, nubwo Iran ubwayo itabyemera.

Iki gihe ntarengwa cyari cyashyizweho cyongerewe kugira ngo habeho amahirwe yo kugera ku masezerano aho gukomeza intambara.

Icyemezo cyafashwe mu gihe hari intambara ikomeye mu Burasirazuba bwo Hagati irimo Amerika, Israel na Iran, imaze guteza impfu z’ibihumbi by’abantu ,ihungabana rikomeye ku isoko ry’ingufu ku isi  ndetse nizamuka ry’ibiciro bya peteroli n’ibindi bicuruzwa

Nubwo Trump avuga ko ibiganiro biri gutanga icyizere Iran yo ivuga ko nta biganiro bifatika biri kuba.

Ni mu gihe abahuza ku mpande zombi nabo bagaragaza ko hakiri intera nini mu byo bumvikanaho

Iyi ntambara n’ibi byemezo bifite ingaruka zikomeye ku isi harimo izamuka ry’ibicirory’ibikomoka kuri  peteroli ndetse  ubukungu  bw’isi  nabwo bukomeje guhungabana mu gihe  isi yose ifite impungenge ko iyi  ntambara ishobora  kwaguka  mu karere kose

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments