• Imyidagaduro / ABAHANZI

Umuhanzi w’icyamamare muri Nigeria, Innocent Idibia uzwi cyane nka 2Face cyangwa 2Baba, yatangaje ko injyana ya Afrobeats idashobora kuzima, ashimangira ko ifite imizi ikomeye mu muco wa Afurika no mu buzima bwa buri munsi bw’abaturage.

Mu kiganiro aherutse gutanga, 2Face yavuze ko Afrobeats atari injyana isanzwe ishobora kuzima nk’izindi, kuko ishingiye ku mateka, indangagaciro n’ubuzima bw’Abanyafurika.

Yagize ati: “Afrobeats ni ubuzima bwacu. Ikomoka ku muco wacu, ku ndirimbo zacu gakondo n’uko tubayeho. Ntishobora kuzimira kuko natwe tutazimira.”

Uyu muhanzi wubatse izina rikomeye mu muziki wa Afurika yakomeje asobanura ko iterambere ry’ikoranabuhanga n’imbuga nkoranyambaga ryafashije cyane Afrobeats kugera ku rwego mpuzamahanga, aho ubu yumvwa ku isi yose.

Yagaragaje ko urubyiruko rufite uruhare rukomeye mu gukomeza guteza imbere iyi njyana, kuko ari rwo ruyikunda cyane kandi rukayigeza ku yindi ntera binyuze mu guhanga udushya no gukoresha imbuga nkoranyambaga.

2Face Idibia yanagarutse ku kuba abahanzi benshi bashya bakomeje kuzamura urwego rwa Afrobeats, bakayihuza n’izindi njyana zo ku isi, bigatuma irushaho kwamamara no gukundwa n’abatari Abanyafurika.

Abasesenguzi mu bya muzika bavuga ko injyana ya Afrobeats imaze kuba uruganda runini rwinjiza amafaranga menshi kandi ifite uruhare mu kumenyekanisha Afurika ku rwego mpuzamahanga, binyuze mu bahanzi bayihagarariye.

Muri iki gihe, abahanzi bakomeye nka Wizkid, Burna Boy na Davido bakomeje kuyigeza kure, bayimenyekanisha mu bice bitandukanye by’isi.

Ku ruhande rwa 2Face, yasoje asaba abahanzi bakiri bato gukomeza guhanga udushya ariko batibagiwe inkomoko y’umuziki wabo, kuko ari byo bituma ugira umwihariko n’agaciro.

Ibi bitekerezo bye byakiriwe neza n’abakunzi b’umuziki, aho benshi bagaragaje ko Afrobeats ikomeje kwigarurira isi kandi ifite ejo hazaza heza cyane.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments