• Imyidagaduro / ABAHANZI

Umuhanzikazi w’icyamamare muri Uganda, Lydia Jazmine, yatangaje ku nshuro ya mbere mu buryo burambuye ibihe bikomeye yanyuzemo mu buzima bwe, aho yahanganye n’indwara y’agahinda gakabije (depression), agaragaza ko hari byinshi abantu batabona inyuma y’icyamamare.

Mu kiganiro yagiranye na televiziyo yo muri Uganda, Jazmine yasobanuye ko ibyo bibazo byo mu mutwe bitatewe no kunywa ibiyobyabwenge cyangwa inzoga nk’uko bamwe babitekereza, ahubwo byatewe n’ibibazo by’imiyoborere y’umwuga we ndetse n’ibibazo byo mu muryango.

Yagize ati:“Igihe cya mbere nagize agahinda  gakabije n’igihe natandukanaga n’uwari umujyanama  wanjye; icyo gihe cyari gikomeye cyane. Hari n’igihe nagize ibibazo mu muryango, na bwo byarangoye cyane.”

Uyu muhanzikazi yavuze ko ibyo bihe byari bikomeye cyane ku marangamutima ye, kuko byamusabaga gukomeza kugaragara nk’ufite imbaraga mu maso y’abantu, nyamara imbere mu mutima we ameze nabi.

Ibi Jazmine yatangaje bigaragaza ukuri ku buzima bw’abahanzi benshi, aho nubwo baba bagaragara mu byishimo ku rubyiniro no mu itangazamakuru, inyuma yaho haba hari ibibazo bikomeye bahanganye na byo.

Yashimangiye ko igitutu cy’umwuga, impinduka mu bujyanama bwe , ndetse n’ibibazo byo mu buzima bwite nk’ibyo mu muryango, bishobora kugira ingaruka zikomeye ku buzima bwo mu mutwe bw’umuhanzi.

Nubwo atavuze byinshi ku buryo yabashije kubivamo, ubutumwa bwe bwerekana ko ari ingenzi ko abantu bafata ubuzima bwo mu mutwe nk’ikintu gikomeye, kandi bakemera kuvuga ku bibazo bahura na byo.

Inkuru ya Lydia Jazmine itanga isomo rikomeye, cyane cyane ku rubyiruko n’abahanzi, ko icyamamare n’izina bitakurinda guhura n’ibibazo byo mu mutwe, kandi ko ari ingenzi gushaka ubufasha igihe bikenewe.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments