• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

Mu mujyi wa Annaba uherereye mu majyaruguru ashyira uburasirazuba bwa Algeria, imyiteguro irarimbanyije ku rusengero rwa Basilique Saint-Augustin rwitiriwe umuhanga mu bya tewolojiya n’umunyabwenge wa gikristu Augustine of Hippo.

Uyu mujyi uri kwitegura kwakira Papa Leo XIV mu ruzinduko rudasanzwe ruzibanda ku nsanganyamatsiko z’amahoro, ubwiyunge, ubumwe n’icyizere. Iki gikorwa cyateje umwete n’ishyaka rikomeye mu bakirisitu Gatolika batuye muri iki gihugu.

Ni ku nshuro ya mbere mu mateka umupapa agiye gusura Algérie, igihugu gifite Islam nk’idini ya Leta, mu gihe abakirisitu ari bake. Muri urwo rwego, biteganyijwe ko Papa Leo XIV azanasura umusigiti Mukuru wa Alger, aho azatanga ijambo rikomeye imbere y’abayobozi b’igihugu, abahagarariye sosiyete sivile n’abahagarariye ibihugu byabo (corps diplomatique), mu kigo cy’inama cy’iri torero rikomeye.

Urugendo rwe i Annaba, rwahoze rwitwa Hippone, ruzaba ari n’umwanya wo gukurikira inzira y’amateka ya Augustine of Hippo, umwe mu bantu bagize uruhare rukomeye mu iyobokamana rya gikristu ku isi.

Nyuma y’uru ruzinduko ruzamara iminsi itatu, kuva tariki ya 13 kugeza ku ya 15 Mata, Pope Leo XIV azakomereza urugendo rwe muri Cameroon, Angola ndetse no muri Equatorial Guinea.

Abasesenguzi bavuga ko uru ruzinduko rwe muri Afurika, rukozwe hakiri kare cyane mu gihe cye cy’ubupapa, rugaragaza uruhare Afurika igenda igira mu itorero Gatolika ku isi, ndetse n’akamaro ko gukomeza ibiganiro hagati y’amadini n’umuco w’ubworoherane.

 

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments