• Amakuru / POLITIKI


Ibihugu bya Leta zunze ubumwe z’Amerika na Iran byumvikanye ku gahenge k’ibyumweru bibiri bigizwemo uruhare n’igihugu cya Pakistan, ni agahenge abatuye isi bose bakiranye ubwuzu bitewe n’ingingo zigakubiyemo zirimo n’iyo gufungura umuhora wa Hormuz.

Ni agahenge kemejwe mu ijoro ryo ku wa 08 Mata 2026 nyuma y’ukwezi n’igice ibi bihugu byombi bihanganiye mu ntambara yatangijwe n’Amerika na Israel kuri Iran.

Imiterere y’aka gahenge igaragaza ko Leta ya Iran ari yo yahawe byinshi mu byo yasabaga cyane ko Leta ya Amerika yo nta n’icyo yasabaga kuko yakomeje kwizera ko Iran izava ku izima igafungura umuhora wa Hormuz itabonye na kimwe mu byo yasabaga ariko Iran ikomeza kwihagararaho.

Muri iyi ntambara y’iminsi 40, Leta zunze ubumwe z’Amerika zarasaga ku bikorwa remezo no ku nyubako zituwemo n’abaturage b’abasivile hamwe n’iz’abategetsi bakomeye ba Iran mu gihe Iran yo yacungiraga ku kurasa ku birindiro by’Ingabo z’Amerika biri mu bice bitandukanye mu Burasirazuba bwo hagati ndetse ikanarasa ku bihugu bituranyi bifitanye ubucuti na Amerika cyangwa Israel ndetse inakomeza imbaraga mu gufunga uyu muhora wa Hormuz ari nawo bigaragara ko washegeshe Amerika n’inshuti zayo kugeza basabye ibiganiro na Iran.

Amerika na Israel bishe abakomeye ba Iran barimo nk’umuyobozi w’Ikirenga wishwe ku ikubitiro mu gitero cyagabwe bwa mbere.

Ku rundi ruhande ariko Amerika nayo yahombeye byinshi muri iyi ntambara ku isonga harimo gutakarizwa icyizere na byinshi mu bihugu byari biyizeyeho gukomera no kuba yabirindira umutekano. Ni Amerika kandi yahombye icyizere cya byinshi mu bihugu byo mu muryango wo gutabarana n’Uburayi wa OTTAN aho bimwe muri byo byanagiye byanga kuyitabara cyangwa kuyitiza aho gutereka intwaro zo kurasa muri Iran.

Bamwe mu bategetsi bakomeye muri Amerika nabo bagaragaje kutishimira iyi ntambara, ibyanatumye abarimo umuyobozi w’Ingabo muri iki gihugu cy’igihangange yegura kuri izo nshingano.

Bimwe mu bikubiye mu masezerano yaka gahenge:

Ifungurwa ry’umuhora wa Hormuz:

Ifungwa rya Hormuz ryabaye imbarutso yo kwamaganwa kwa Amerika ni ryo ryari riri ku ruhembe rw’imbere mu bigomba kwitabwaho muri aya masezerano.

Iran na Amerika bemeranyije ko iyi nzira igomba gufungurwa by’agateganyo mu minsi 14 uhereye ku wa 08 Mata 2026, nta misoro yanditswe Iran yigeze yemererwa gusoresha abanyuza Peteroli muri uyu muhora icyakora kuko ari yo ihagenzura, ababikurikiranira hafi bizera ko iki gihugu kitazabura kuhasoresha cyane ko cyakunze kwemeza ko mu misoro y’ibihanyuzwa ari ho hazava amafaranga yo gusana ibyangijwe n’iyi ntambara byose.

Impinduka nziza ku bukungu bw’isi zihise zigaragara:

Bigitangazwa ko uyu muhora wa Hormuz ufunguwe ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka cyane. Mu bihugu byinshi ntiharatangazwa ko ibi biciro byagabanywa ngo bisubire uko byahoze ariko ku masoko mpuzamahanga ho hahise hagaragara impinduka.  Ni mu gihe kandi Isoko ry’imari n’imigabane naryo ryahise ryongera kuzamuka ahanini biturutse ku cyizere cy’amahoro arambye muri kari gace kari karimo intambara y’ibikomerezwa by’iyi si.

Muri Iran babyinnye itsinzi:

Hari abatuye mu gihugu cya Iran bahise bajya mu mihanda kubyina itsinzi y’igihugu cyabo biturutse ku kuba cyarihagazeho kugeza ubwo Amerika na Israel bemera ubusabe bwacyo. Ni ibintu bitari byitewe ku batari bake kuko batekerezaga ko Iran izisanga yahanaguwe ku ikarita y’isi.

Mbere y’uko aka gahenge gatangazwa, Perezida wa Leta zunze ubumwe z’Amerika, Donald Trump yari yatangaje ko abayobozi ba Iran nibatemera aka gahenge aza kubagabaho ibitero akabica bose, Icyakora ababikurikiranira hafi bo bemeza ko ibyo byari ukwivugira gusa cyane ko mu masezerano nta na kimwe kigaragaza ko Amerika igeze ku ntego yayo yatumye itangiza iyi ntambara.

Ntabwo mu masezerano higeze handikwamo ko Iran yemeye guhagarika gukora intwaro za nukereyeli nk’uko biri mu byo Amerika yashingiyeho itangiza intambara.

N’ubwo ibintu bimeze bityo ariko:

-        Ntabwo icyizere cy’uko bizubahirizwa nk’uko byanditswe kiri ku 100%, Hari abasesenguzi bavuga ko isaha yose ibintu bishobora guhinduka biturutse ku kutumvikana kw’impande zombi cyangwa bigaterwa n’uko Amerika itakwishimira gukomeza gusuzugurwa ngo iratsinzwe.

-        Iran nayo iracyakeneye kubona amafaranga ahagije yo gusana ibyangijwe n’iyi ntambara, ibi bishobora gutuma ikomeza kwiyegereza Ubushinwa kandi biri mu bidashobora kunezeza Amerika bigatuma intambara yongera kubura isaha yose.

-        Iminsi 14 niramuka irangiye hatari hafatwa ingamba z’uko iki kibazo cyatangira kuganirwaho ngo gikemuke burundu intambara ishobora kuzahita yongera kubura Iran nayo ikongera gufungwa Hormuz ibintu bigasubira uko byari bimeze.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments