• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE


Nibura abantu 90 bapfiriye mu mpanuka yaturutse ku iturika ryabereye mu kirombe cy’amakara cya Liushenyu coal mine giherereye mu Ntara ya Shanxi mu majyaruguru y’Ubushinwa.

Iyi mpanuka yabaye ku wa Gatanu saa 19:29 ku isaha y’aho, ubwo abakozi 247 bari mu kazi muri icyo kirombe. Amakuru yatangajwe n’itangazamakuru rya Leta avuga ko igiturika cyateye akaduruvayo gakomeye mu kirombe, bituma benshi batakaza ubuzima abandi barakomereka.

Abashinzwe ubutabazi bavuga ko abarenga 100 bashoboye gukurwa mu kirombe ari bazima, mu gihe ibikorwa byo gushakisha abandi bishobora kuba bagihumeka byakomeje mu buryo bukomeye. Minisiteri ishinzwe ubutabazi yohereje abakozi 345 bo mu matsinda atandatu y’abatabazi kugira ngo bifatanye mu bikorwa byo gutabara no gushakisha abarokotse.

Perezida w’u Bushinwa Xi Jinping yasabye ko hashyirwa imbaraga zose mu gutabara abakomeretse no gushakisha ababa bakiri bazima, anategeka ko hakorwa iperereza ryimbitse ku cyateye iyi mpanuka ndetse abagaragaweho uburangare bakabiryozwa.

Abantu 27 bakomeje kuvurirwa mu bitaro byo hafi y’aho impanuka yabereye, umwe muri bo akaba ari mu bihe bikomeye cyane, mu gihe abandi bafite ibikomere byoroheje. Raporo zigaragaza ko benshi bagizweho ingaruka no guhumeka umwuka uhumanye nyuma y’iturika, nubwo ubwoko bwawo butaramenyekana neza.

Abayobozi bavuga ko ibikorwa byo gutabara byagoranye kubera amazi yibumbiye hafi y’ahabereye impanuka, bigatuma kugera mu bice bimwe by’ikirombe bigorana.

Iki kirombe cya Liushenyu cyari gisanzwe kiri ku rutonde rw’ahantu hafite ibibazo by’umutekano kuva mu 2024, mu gihe sosiyete Tongzhou Group ishinzwe kugicunga yari yarahanwe inshuro ebyiri mu 2025 kubera ibibazo by’umutekano muke.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments