• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE


Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z'Amerika, Donald Trump, yongeye kunenga umuryango wo gutabarana w’Uburayi n’Amerika (OTAN/NATO) ko utashyigikiye Amerika mu ntambara yo muri Irani, nyuma y’inama yo mu muhezo yagiranye n’umunyamabanga mukuru wa OTAN Mark Rutte mu biro bya perezida w’Amerika, White House.

Mu butumwa yatangaje ku rubuga nkoranyambaga Truth Social nyuma y’iyo nama, Perezida w’Amerika yagize ati: “Nato ntiyari ihari igihe twari tubakeneye, Kandi ntibazaba bahari nitwongera kubacyenera."

Hagati aho, Rutte yabwiye igitangazamakuru CNN ko inama ye na Trump yari irimo “kubwizanya ukuri” kandi ko yari irimo “kwisanzura cyane”, nubwo bigaragara ko hari ukutavuga rumwe.

Mbere y’iyo nama yo ku wa gatatu, Trump yari yakinnye n’igitekerezo cyo kuva muri OTAN nyuma yuko ibihugu byinshi byo muri OTAN byanze ubusabe bwe bwo gufasha mu kongera gufungura umuhora wa Hormuz mu rwego rwo kudohora ibiciro byiyongera ku isi by’ibikomoka kuri peteroli.

Amerika ntiyahishuye ibyavugiwe muri iyo nama.

Umunyamabanga mukuru wa OTAN yamaze amasaha arenga abiri muri White House ku wa gatatu, nubwo bitazwi igihe inama ye na Trump yamaze.

Iyo nama yari yitezwe kuba uburyo bwo guhendahenda no kwemeza Trump ko biri mu nyungu ze, no mu z’Amerika, kuguma muri OTAN.

Ku rundi ruhande ONU ivuga ko igikorwa cya gisirikare muri Liban giteje 'ibyago bikomeye' ku gahenge.

Umunyamabanga mukuru w'Umuryango w'Abibumbye (ONU), António Guterres, “aramagana byimazeyo ibitero bikomeye Israel yagabye muri Libani ku itariki ya 8 Mata 2026” kandi arasaba “impande zose guhita zihagarika imirwano”, nkuko itangazo ry'umuvugizi we ribivuga.

Iryo tangazo rivuga ko ibyo bitero “byatumye abasivile babarirwa mu magana bicwa ndetse bagakomereka, harimo n'abana, kandi byangije ibikorwa-remezo bya gisivile”.

Guterres akomeza avuga ko “ahangayikishijwe cyane n'ingaruka zikomeje kwiyongera ku basivile” kandi ko yihanganishije leta ya Libani.

Yaburiye ko igikorwa cya gisirikare muri Libani “giteje ibyago bikomeye ku gahenge no ku muhate uganisha ku mahoro arambye kandi yuzuye muri ako karere”, yongeraho ko “nta gisubizo cya gisirikare kiri muri iyi ntambara.”

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments