• Amakuru / MU-RWANDA

Madamu Jeannette Kagame yasabye ko Abanyarwanda bakwiye kuba maso birinda ko ibyagezweho byasenyuka kandi byaragezweho bisabye ikiguzi cy’ubuzima bw’abana b’u Rwanda.

Ni ubutumwa yatanze ubwo ku wa 8 Mata 2026, yifatanyaga n’umuryango IBUKA,  abagize uruhare mu gushinga uyu muryango, Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994 n’inshuti z’u Rwanda mu muhango wo kuzirikana urugendo rw’imyaka 30 umuryango IBUKA umaze uvutse.

Madamu Jeannnette Kagame yabanje kugaruka ku gisobanuro cy’uyu muryango IBUKA, avuga ko Kwibuka ari ingenzi kuko umuryango utibuka uzima.

Yavuze ko u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi bityo kubihuza no kuzrikana urugendo rw’imyaka 30 umuryango IBUKA umaze uvutse bifite ishingiro rikomeye.

Madamu Jeannette Kagame yavuze ko Abanyarwanda bakwiye kuba maso birinda ko ibyagezweho byasenyuka.

Ati “Tutabaye maso, ibyo twagezeho bisabye ikiguzi cy’ubuzima bw’abana b’u Rwanda, twakongera tukabibura mu gihe gito.

Yakomeje agira ati:” Niyo mpamvu “Ntibizongere kubaho , Never Again” bidakwiye kuba imvugo gusa ahubwo dukwiye kubifata nk’isezerano rihoraho, kuri twebwe ubwacu, abacu twabuze, abadukomokaho, n’igihugu cyacu muri rusange.”

Madamu Jeannette Kagame, yavuze ko  urugendo abanyamuryango ba IBUKA banyuzemo rutari rworoshye, abashimira ukwihangana bagaragaje.

Ati “Banyamuryango ba IBUKA, uru rugendo ntabwo rwari inzira igororotse. Mwemeye gushinjagirana ishavu mu gihe byari ngombwa, muratwaza. Muhumure, ntimukagire icyo mwikanga. Ikiguzi cy’ubudaheranwa mwatanze ni ntagereranywa kandi nta n’uwagishidikanyaho, mwarakoze.”

Yabashimiye kandi ubutwari bagaragaje ubwo bemeraga gutanga imbabazi ku babahemukiye.

Ati “ Kwirenga no kureba imbere mwagaragaje muri uru rugendo, bikomeze bihererekanwe no kubazadukomokaho bose.”

Yakomeje agira ati “Nta na rimwe tuzigera twicuza amahitamo twagize yo kubaka u Rwanda twifuza kandi rutubereye twese, Urugamba ni urwacu ni urwanyu.”

Umuryango IBUKA, uhuriza hamwe imiryango iharanira inyungu z’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, washyizweho bwa mbere tariki ya 15 Kanama 1994.

Uyu muryango ufite intego zitandukanye zirimo kubungabunga amateka ngo adasibangana harimo gusigasira inzibutso n’ibimenyetso binyuranye, guharanira Ubutabera, kwita ku mibereho myiza y’abacitse ku icumu, gushaka uburyo abana b’abacitse ku icumu batishoboye  babona uburezi n’ubumenyi bibafasha kwiteza imbere no kubaka ejo hazaza heza.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments