Perezida wa Tanzania,
Samia Suluhu Hassan, ku wa Gatatu yategetse abayobozi ba Leta kujya bagendera
hamwe muri bisi imwe mu ngendo z’akazi, mu rwego rwo kugabanya ikoreshwa rya
lisansi mu gihe igihugu kiri guhura n’ibura ryayo.
Iki cyemezo
kije mu gihe ikibazo cy’ibura rya lisansi gikomeje kwiyongera bitewe
n’intambara iri mu Burasirazuba bwo Hagati, igira ingaruka ku isoko
mpuzamahanga ry’ibikomoka kuri peteroli.
Nk’uko
byatangajwe n’urwego rushinzwe kugenzura ingufu muri Tanzania, ibiciro bya
lisansi byazamutseho hafi kimwe cya gatatu (1/3) kuva muri Werurwe, ibintu
byagize ingaruka ku bukungu n’imibereho y’abaturage.
Samia Suluhu
Hassan, yatangaje ko mu ngendo ze z’akazi, imodoka zizajya zimuherekeza
zizagabanywa cyane, hagasigara gusa iz’ingenzi zirimo iz’umutekano we, polisi
ndetse n’imodoka y’inyongera.
Ibi
yabivugiye mu muhango wo kurahiza abayobozi wabaye ku wa Gatatu, aho yasobanuye
ko izindi nzego za Leta zizajya zigendera hamwe muri bisi imwe mu rwego rwo
kugabanya ikoreshwa rya lisansi.
Yagize ati: “Guhera
ubu, aho nzajya hose, abayobozi bose bazajya bagendera muri bisi imwe… mu rwego
rwo kugabanya ikoreshwa rya lisansi.”
Ubusanzwe,
urugendo rwa Perezida rujyana n’imodoka zisaga 30 zirimo izo mu rwego rwo
hejuru (luxury SUVs) n’iz’abapolisi bamuherekeza, ibintu akenshi byatezaga
umuvundo ukomeye mu mihanda.
Izi ngamba zigamije: kugabanya ikoreshwa rya
lisansi mu nzego za Leta, Guhangana n’izamuka rikabije ry’ibiciro no gutanga urugero rwiza ku baturage mu
gukoresha neza umutungo
Izamuka
ry’ibiciro bya lisansi ryagize ingaruka ku nzego zitandukanye zirimo
ubwikorezi, ubucuruzi n’ibiciro by’ibiribwa, kuko byose bishingira ku gutwara
ibicuruzwa.
Icyemezo cya
Perezida Samia gishobora gufasha kugabanya igitutu ku ikoreshwa rya lisansi,
nubwo ari igisubizo cy’igihe gito mu gihe hagishakishwa ibisubizo birambye.
Like This Post? Related Posts