• Imyidagaduro / ABAHANZI

Mu gitondo cyo  kuri  uyu  wa Kane  Tariki  ya 9 Mata 2026 nibwo hamenyekanye  inkuru y’urupfu  rw’umusore waguye  mu rugo rw’Umuhazi Ngenzi Serge wamenyekanye  nka Neg G The  General azize  urupfu rutunguranye .

Ni urupfu rwabaye mu masaha ya nimugoroba rubera Mu mudugudu wa Busasamana,Akagali  ka Kamuhoza ,Umurenge wa Kimisagara ,Akarere ka Nyarugenge  aho uyu  muhanzi asamzwe atuye  n’Umuryango we

Nkuko  Neg  G The General yabitangarije  BTN Tv  yavuze ko  uyu musore witwa Mugabo  Emmanuel  w’imyaka  32 y’amavuko yavukaga  mu karere  akaba  aria je kumureba kugira ngo bakorane umushinga w’indirimbo bagombaga gushyira hanze nyuma y’icyunamo cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 ku nshuro ya  32

Nkuko Neg G yakomeje abivuga uwo mushuti akigera mu rugo mu masaha ya ninjoro hashie akanya gato  yatangiye kumubwira ko yumva atameze neza komu nda  n’umutwe biri kumurya .

Ako Kanye  yahise  yirukira gushaka  ubufasha ku kigo nderabuzima cya  Kabusunzu agezeyo asanga nta mbagukiragutaba ihari ahamagara ku Bitaro bya Muhima  bohereza  Imbagukiragutab ariko  ubwo yahageraga basanze uwo muzore yamaze gushiramo umwuka   

Uyu mushyitsi na we wari usanzwe ari umuhanzi yari yasuye Ngenzi aturutse i Rugende mu Karere ka Gasabo. Yageze ku Kimisigara mu ijoro ryo ku wa 8 Mata.

Ubwo  BTN Tv yavuganaga  n’Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Gahonzire Wellars, yayitangarije ko  ayo  makuru bayamenye ubu  umurambo w’uwo  musore wajyanywe ku bitaro bya  Kacyiru kugira ukorerwe isuzuma mu gihe iperereza ryo ryatangiye  kugira ngo  ukuri  ku rupfu rwe rikorwe

 

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments