• Amakuru / POLITIKI


Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yatangaje ko yatanze amabwiriza yo gutangiza ibiganiro by’amahoro na Lebanon, bizibanda ku kwambura intwaro umutwe wa Hezbollah no gushaka umutekano urambye hagati y’impande zombi.

Ibi yabivuze kuri uyu wa 9 Mata 2026, nyuma y’umunsi umwe Israel igabye ibitero bikomeye muri Liban, ikurikira guhagarika ibikorwa byayo bya gisirikare byari byibanze kuri Iran.

Netanyahu yavuze ko iyi gahunda ishingiye ku byifuzo bya Liban byo kugirana ibiganiro bifunguye na Israel, ashimangira ko bigomba gutangira vuba bishoboka.

Ati: “Ibiganiro bizibanda ku kwambura intwaro Hezbollah no gushyiraho ubufatanye bw’amahoro hagati ya Liban na Israel.”

Ku ruhande rwa Liban, Perezida Joseph Aoun yagaragaje ko igisubizo kirambye ari uguhagarika imirwano, hagakurikiraho ibiganiro byimbitse.

Yavuze ko ibikorwa byo gutegura ayo mahoro byatangiye, kandi ko abafatanyabikorwa mpuzamahanga batangiye kubishyigikira.

Iyi gahunda ije mu gihe umwuka mubi hagati ya Israel na Hezbollah wakomeje kwiyongera nyuma y’iyicwa rya Ali Khamenei ku wa 28 Gashyantare 2026, ibintu byatumye Hezbollah itangira kurasa kuri Israel, nayo ihita isubiza ibitero bikomeye.

Imibare itangwa na Liban igaragaza ko abantu barenga 1700 bamaze kugwa muri iyi ntambara, barimo abana barenga 139, mu gihe abarenga miliyoni 1,2 bamaze kuva mu byabo.

Ku ruhande rwa Israel, itangaza ko imaze kwica abarwanyi ba Hezbollah barenga 1100.

Nubwo impande zombi zikomeje kurwana, gutangiza ibiganiro by’amahoro bishobora kuba intambwe ikomeye iganisha ku kugabanya umwuka mubi no gushaka umuti urambye w’aya makimbirane amaze igihe mu karere.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments