• Amakuru / POLITIKI


Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yongeye kugaragaza impungenge ku rwego rw’iterambere mu karere, agaragaza ko ibihugu bimwe byateye imbere mu bumenyi n’ikoranabuhanga, mu gihe Afurika igihugiye mu bikorwa bidatanga umusaruro uhamye.

Yabitangaje ku wa 8 Mata 2026, aho yatanze urugero ku butumwa bwo mu isanzure bwa Artemis II mission, buyobowe n’ikigo cya NASA, bwageze kure mu bushakashatsi bwo kugera ku Kwezi.

Ati: “Ubu tuvugana, icyogajuru cya Amerika kiri kuzenguruka Ukwezi, twe turi hano Kyankwanzi turya amakaroni. Ibi biteye ubwoba.”

Museveni yagaragaje ko hari icyuho gikomeye mu iterambere, aho ibihugu bikomeye bifite ubushobozi mu bya gisirikare ku butaka, mu kirere, mu mazi no mu isanzure, mu gihe ibihugu bya Afurika bigikennye muri ibyo byose.

Yanasabye ko Afurika y’Iburasirazuba yakongera ubufatanye bwa politiki n’ubukungu, kugira ngo ibashe kugera ku iterambere rirambye, harimo no gukoresha neza umutungo w’amazi n’inyanja.

Ati: “Dukeneye kujya mu nyanja, tukamenya ibiberamo kuko harimo umutungo mwinshi. Ntabwo ari ukurwana, ahubwo ni uguteza imbere igihugu.”

Museveni yanagarutse ku bushakashatsi bwo mu isanzure, asaba ko Afurika itagomba gusigara inyuma muri uru rwego, agaragaza ko no ku Kwezi ari ahantu hakwiye kwitabwaho nk’umutungo rusange w’ikiremwamuntu.

Ati: “Ukwezi ni umutungo rusange. Abandi bariyo, twe turi hano tubyina, batubona nk’intozi.”

Ku wa 2 Mata 2026, icyogajuru cya NASA cyiswe Artemis II cyahagurutse kijyanye abahanga bane, mu rugendo rwari rugamije kuzenguruka Isi mbere yo kwegera Ukwezi, rukaba rwitezwe kumara iminsi 10.

Iyi mvugo ya Museveni yongeye gukangurira Afurika kongera imbaraga mu bumenyi, ikoranabuhanga n’imikoreshereze y’umutungo kamere, mu rwego rwo kugabanya icyuho cy’iterambere kiri hagati yayo n’ibihugu byateye imbere.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments