Uburusiya bwatangaje ko budateze kongera igihe cy’agahenge kari kashyizweho mu ntambara buhanganyemo na Ukraine, nyuma y’uko bushinje ubutegetsi bwa Kyiv kutemera ibyo busaba kugira ngo habeho amahoro arambye.
Mu kiganiro cyatambutse ku wa 12 Mata
2026, Umuvugizi w’Ibiro bya Perezida w’u Burusiya, Dmitry Peskov,
yavuze ko amahoro ashoboka gusa igihe Ukraine yemeye ibisabwa birimo kureka
bimwe mu bice byayo, kutinjira muri NATO
no kugabanya ingabo.
Ati: “Umutekano
urambye ushobora kuboneka igihe twageze ku ntego twihaye. Zelensky agomba
kwemera ibisubizo bihari.”
Ibi bivuze ko ibikorwa bya gisirikare
bishobora gukomeza ubukana nyuma y’uko agahenge kashyizweho kubera Pasika
y’Aba-Orthodox karangiye.
Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy,
ntiyigeze yemera ibyo asabwa n’u Burusiya, ibintu byatumye umwuka mubi ukomeza
kwiyongera hagati y’impande zombi.
Mu gihe agahenge kari kamaze amasaha
32, impande zombi zakomeje gushinjanya kurenga ku masezerano. Ingabo za Ukraine
zatangaje ko u Burusiya bwakarenzeho inshuro zirenga 2.299,
zirimo ibitero 28, kurasa inshuro 479 n’ibitero bya drones bigera ku 1800.
Ku rundi ruhande, Minisiteri y’Ingabo
y’u Burusiya nayo yavuze ko Ukraine yakoze ibikorwa birenga 2000 byo
kutubahiriza agahenge.
Ibi byerekana ko nubwo hari
hashyizweho akanya ko kugabanya imirwano, intambara hagati y’ibihugu byombi
ikomeje gukaza umurego, bigashyira kure icyizere cy’amahoro mu gihe cya vuba.