• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

Mu ruzinduko rwe rwa mbere muri Algeria, Papa Leo XIV yunamiye abahitanywe n’urugamba rwo guharanira ubwigenge, anasaba ko hakomeza kubaho amahoro n’ubwiyunge hagati y’abaturage.

Mu gitondo cyo ku wa 13 Mata, yasuye Maqam Echahid, urwibutso ruri i Alger rwubatswe mu guha icyubahiro abitanze mu rugamba rwo kubohora igihugu. Aha ni ho yatanze ubutumwa bwibanze ku kwibuka amateka no kubaka ejo hazaza harangwa n’amahoro.

Mu ijambo rye, Papa Leo XIV yashimangiye ko kwibuka abapfuye bidakwiye kuba intandaro y’amacakubiri, ahubwo bikwiye kuba isoko y’ubwiyunge n’ubumwe bw’abaturage.

Yagize ati:

“Kwibuka abitanze ni ugushimangira indangagaciro z’amahoro n’ubutabera, no guharanira ko amateka mabi atazongera kubaho.”

Nyuma yaho, yasuye kandi Grande Mosquée d'Alger, aho yakomeje ubutumwa bwo kubahana hagati y’amadini no kubaka ibiganiro byubaka amahoro.

Uru ruzinduko rufatwa nk’intambwe ikomeye mu guteza imbere umubano hagati ya Kiliziya Gatolika n’ibihugu byiganjemo Abayisilamu, ndetse no gushimangira ko amahoro n’ubwiyunge ari ishingiro ry’iterambere rirambye.

Abasesenguzi bavuga ko ubutumwa bwa Papa XIV bushobora kugira uruhare rukomeye mu gushishikariza ibihugu gukemura amakimbirane mu mahoro, cyane cyane mu gihe isi ihanganye n’ibibazo by’intambara n’umutekano muke.

 




Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments