• Amakuru / POLITIKI


Mu gihe umutekano ukomeje kuba ikibazo gikomeye mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zibabajwe cyane n’uko u Rwanda rukomeje kongera ubukana bw’iyi ntambara.

Ibi bitangajwe mu gihe hari impungenge ko amasezerano azwi nka ‘Washington Accords’, yasinywe muri 2025 hagati ya RDC n’u Rwanda yari agamije kugarura amahoro akomeje kutubahirizwa nk’uko byiyemejwe n’impande zombi.

Amerika ivuga ko ibikorwa bikomeje by’u Rwanda mu burasirazuba bwa RDC bigize “Ukurenga ku nshingano ziteganywa n’ayo masezerano.” Nk’uko byagarutsweho n’inzego za Amerika, by’umwihariko hagaragajwe ko “Ingabo z’u Rwanda zitari zakurwa muri RDC nk’uko byari byumvikanyweho”

Mu itangazo ryayo ryashyizwe ku rubuga rwa X rw’imigenderanire n’Afurika mu by’itangazamakuru, Amerika yongeye gushimangira ko “Igisubizo cyihutirwa gikenewe ari uko ingabo z’u Rwanda zikurwa ku butaka bwa RDC nta yandi mananiza.”


Ni mu gihe u Rwanda ariko rwo ruvuga ko ingamba zarwo z’ubwirinzi (nizo bamwe bita ingabo z’u Rwanda) zidashobora gukurwaho mu gihe icyatumye zishyirwaho ari cyo umutwe w’Iterabwoba wa FDLR kitarakurwaho.

Amerika kandi yashimangiye ko hagomba kubahirizwa ubusugire bw’ibihugu, ubusugire bw’ubutaka ndetse n’ubwisanzure mu bya politiki bya RDC. Ibi bigaragazwa nk’ishingiro ry’amahoro arambye mu karere k’ibiyaga bigari.

N’ubwo hari ibiganiro n’imbaraga mpuzamahanga bikomeje gushyirwa mu bikorwa mu gushaka umuti w’iki kibazo, haracyari inzira ndende yo kugera ku mahoro arambye. Abasesenguzi bagaragaza ko ishyirwa mu bikorwa ryuzuye ry’amasezerano ari ryo rizagena niba aka karere kazongera kubona ituze rirambye.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments