• Amakuru / POLITIKI


Abambuzi bo mu mazi, bashimuse ubwato butwara peteroli bwitwa Honour 25 hafi y’inkombe za Somalia. Iki gitero cyabaye mu gicuku cyo ku wa Gatatu ubwo abagabo batandatu bitwaje intwaro buriraga ubu bwato, bwari bugeze mu bilometero birenga 55 byo mu mazi uvuye ku nkombe.

Nyuma, abandi bagabo batanu bitwaje intwaro biyunze ku bandi mu bwato.

Ubwo bwato bwari butwaye utugunguru 18.500 twa peteroli, bwari burimo abakozi bo mu bwato 17.

Muri bo harimo Abanya-Pakistan 10, Abanya-Indonesia bane, Umuhinde umwe, Umunya-Sri Lanka umwe n’umuntu umwe ukomoka muri Myanmar.

Ubu bwato bwari bwahagurutse i Berbera muri Somalia ku itariki ya 20 Gashyantare. Bwagaragaye buhindukirira hafi y’Umuhora wa Hormuz ku tariki ya 2 Mata bwerekeza i Mogadishu.

Kugeza ubu, ubu bwato bwaparitswe hafi y’inkombe za Somalia. Iki gikorwa giteje impungenge zikomeye kuko kubera ibura ry’ibikomoka kuri peteroli muri Somalia, ibiciro byabyo byarazamutse byikuba gatatu.

Ibi kandi birerekana igaruka riteye inkeke ry’ubushimusi bw’amato mu Nyanja y’u Buhinde, ikibazo cyari cyaracitse mu myaka itatu ishize. Inzego z’umutekano ntiziratangaza ibijyanye n’iki gikorwa, abagikoze n’icyo bari bagambiriye.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments