• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

Umuyobozi mushya w’ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (MONUSCO), Umunyamerika James Swan, yatangaje ko uruzinduko yagiriye mu mujyi wa Goma rwamusigiye ishusho nyayo y’uko ikibazo cy’umutekano mu Burasirazuba bwa Congo gihagaze, anahishura ko yagiranye ibiganiro byimbitse n’abayobozi ba AFC/M23 bigenzura uwo mujyi.

Ku wa Gatanu tariki ya 24 Mata, Swan yageze i Goma, aho yakiriwe n’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barimo Umuhuzabikorwa w’iri huriro, Corneille Nangaa, Umuhuzabikorwa Wungirije akaba na Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa, Umunyamabanga Uhoraho, Benjamin Mbonimpa, ndetse na Guverineri w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Bahati Musanga Erasto.

Ibiganiro bagiranye byibanze ku ngingo zifatika zijyanye n’ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro y’Akanama k’Umutekano ka Loni, cyane cyane iyemejwe mu 2025, hagamijwe kugarura ituze mu Burasirazuba bwa Congo.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’ubuvugizi bwa MONUSCO ryasobanuye ko ibyo biganiro “byibanze cyane ku gushyira mu bikorwa imyanzuro y’Akanama k’Umutekano, gutangiza no kunoza imikorere y’inzego zikurikirana kandi zigenzura iyubahirizwa ry’agahenge, ndetse no ku ngamba zifatika zo guteza imbere ibiganiro bya Doha na Washington.”

Swan yagaragaje ko gushyira mu bikorwa izi gahunda bisaba ubufatanye bw’impande zose bireba, ashimangira ko kubahiriza amasezerano ari bwo buryo bwonyine bushobora gutanga icyizere cy’amahoro arambye.

Ati: “Iyi myanzuro ishimangira kubahiriza ubwigenge, ubusugire, ubumwe n’ubudahangarwa bw’imbibi za RDC.”

Yongeyeho ko mu byo baganiriye harimo n’ishyirwa mu bikorwa ry’agahenge ndetse n’uburyo bwo kurushaho kugenzura iyubahirizwa ryako, mu rwego rwo kugabanya imirwano ikomeje guteza umutekano muke mu baturage.

Mbere yo kugera i Goma, Swan yari yabanje gusura utundi duce twugarijwe n’umutekano muke, turimo umujyi wa Beni mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru ndetse na Bunia mu Ntara ya Ituri.

Yavuze ko izo ngendo zamuhaye amahirwe yo kumva ibitekerezo by’abaturage, cyane cyane abahuye n’ingaruka z’intambara zirimo kwimurwa mu byabo no kubaho mu buzima bugoye.

Yavuze ko ingendo yakoze “zamufashije gusobanukirwa neza ibibazo by’umutekano bikomeje kugaragara mu burasirazuba bwa Congo, no kumva ibitekerezo n’impungenge by’abaturage bakomeje guhura n’ingaruka z’intambara.”

Mu butumwa bwe, Swan yanashimangiye ko MONUSCO n’Umuryango w’Abibumbye bafite inshingano zo gushyigikira ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro ya 2773 na 2808 y’Akanama k’Umutekano, igamije kugarura ituze no guhosha amakimbirane akomeje gufata indi ntera muri aka karere.

Imwe mu ngingo zikomeye ziri muri iyi myanzuro harimo gusaba AFC/M23 kuva mu bice igenzura, ibintu bikomeje kuba ingorabahizi mu biganiro by’amahoro.

Nubwo bimeze bityo, Swan yagaragaje ko MONUSCO izakomeza gukora ibishoboka byose mu kurinda abasivili no gufasha mu bikorwa byo kugarura amahoro, ashimangira ko ubufatanye n’Abanye-Congo ari ingenzi muri uru rugendo.

Yavuze ko ibikorwa byihutirwa byibandwaho birimo kurinda abasivili no gushyigikira gahunda zose zigamije kugabanya umwuka mubi hagati y’impande zihanganye.

Mu gusoza ubutumwa bwe, Swan yagaragaje icyizere ko ibiganiro bikomeje, haba ibyo ku rwego mpuzamahanga n’ibihuza impande ziri ku rugamba, bishobora gutanga umusaruro ufatika mu gihe byashyirwa mu bikorwa uko bikwiye, bigafasha kugarura amahoro arambye abaturage bamaze igihe kirekire bategereje.

 

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments