Perezida Kagame yitabiriye umukino ubanza wa ½ cya UEFA Champions League waraye ubereye i Parc de Princes mu Bufaransa, warangiye Paris Saint Germain itsinze Bayern Munich ibitego 5-4.
Ni amakuru yatangajwe ku wa 29 Mata 2026 n’Ibiro
by’Umukuru w’Igihugu, Village, Urugwiro bibinyujije ku mbuga nkoranyambaga.
Mu itangazo Village Urugwiro yagize iti “Kuri uyu
mugoroba, kuri Parc des Princes i Paris, Perezida Kagame yitabiriye umukino wa
½ aho Paris Saint-Germain nk’umufatanyabikorwa wa Visit Rwanda watwaye igikombe
giheruka yatsinze Bayern Munich ibitego 5-4.”
Uyu mukino wa Paris Saint Germain na Bayern Munich
wari utegerejwe na benshi kuko iyi kipe yo mu Bufaransa ni yo ifite igikombe
giheruka, mu gihe iyo mu Budage iri mu makipe ahagaze neza cyane uyu mwaka.
Ibitego bya Paris Saint Germain byatsinzwe na
Khvicha Kvaratskhelia, watsinze bibiri, João Neves, Ousmane Dembélé na we
watsinze bibiri, mu gihe ibya Bayern Munich byatsinzwe na Harry Kane, Michael
Olise, Dalot Opamecanoo na Luis Díaz.
Umukino wo kwishyura uzabera mu Budage kuri Allianz
Arena, ku wa Gatatu, tariki ya 6 Gicurasi 2026.
Paris Saint Germain yageze muri ½ isezereye
Liverpool yo mu Bwongereza ku giteranyo cy’ibitego 4-0.
Icyo gihe hari ku wa 14 Mata 2026. Mu butumwa Perezida
Kagame yanyujije kuri X ku wa 15 Mata yagize ati “Dushimiye umufatanyabikorwa
wa Visit Rwanda, Paris Saint Germain ku bwo kubona itike ya ½ cy’imikino ya
UEFA. Bakinnye neza cyane kandi babonye umusaruro ubakwiye. Turabifuriza
amahirwe mu cyiciro gikurikiraho.”
Amasezerano y’ubufatanye hagati ya Visit Rwanda na
Paris Saint-Germain yasinywe bwa mbere mu 2019, avugururwa mu 2025 aho agomba
kugeza mu 2028.
Ni amasezerano agena ko PSG yamamaza Visit Rwanda
ku kibuga cyayo, Parc des Princes, ndetse ikambara imyambaro yanditseho Visit
Rwanda mu gihe iri mu myitozo.
Kuva aya masezerano yasinywa, abafana babarirwa
muri za miliyoni bo ku Isi yose, bamenye byisumbuyeho u Rwanda binyuze mu
nkuru, mu buryo rugaragara mu itangazamakuru n’ibindi.
Binyuze muri aya masezerano, abana barenga 400
babashije guhabwa imyitozo y’umupira w’amaguru binyuze mu ishuri ryashinzwe na
PSG mu Rwanda, PSG Academy Rwanda.
Buri mwaka iyi kipe yo mu Bufaransa yohereza
abakinnyi n’abanyabigwi bayo mu Rwanda, aho basura ibyiza nyaburanga rufite,
bakabisangiza ababakurikira.
Abaheruka ni Océane Nathalie Toussaint Dit
Marseille, Baby Jordy Benera na Jade Le Guilly bakinira Paris Saint-Germain
y’Abagore, aho basuye u Rwanda mu mpera za Gashyantare uyu mwaka.