Urukiko Rukuru rwa Lilongwe muri
Malawi rwakatiye Umunyarwandakazi Gentille Giramata igifungo cy’imyaka 40 nyuma
yo guhamwa n’icyaha cyo kwica umushoramari Noël Emile Habimana wari
umugabo we
Uyu Habimana yaguye mu murwa mukuru Lilongwe
tariki ya 17 Ukwakira 2022.Aho inzego z’iperereza zabanje kwemza ko yazize impanuka ariko nyuma zitahura ko
yishwe, ashyirwa mu modoka mu rwego rwo guhisha
amakuru y’urupfu rwe
Aya makuru akimara kumenyekana,
Giramata n’umushoferi we witwa Rafiki Munyamagaju batawe muri yombi,
bakurikiranwaho icyaha cyo kwica Habimana babigambiriye.
Mu Ukuboza 2025, Urukiko Rukuru rwa
Lilongwe rwanzuye ko Giramata na Munyamagaju bahamwa icyaha cyo kwica Habimana,
nubwo bashatse kwerekana ko uyu mushoramari yazize impanuka.
Umucamanza Bruno Kalemba yasobanuye ko
Habimana akimara gupfa, Giramata na Munyamagaju bajyanye umurambo we mu bitaro
bikuru bya Kamuzu, babisaba gukora raporo y’ikinyoma igaragaza ko yazize
impanuka.
Kalemba yavuze ko ibyo bigaragaza ko
aba Banyarwanda bashatse kuyobya inzego za Leta ya Malawi kugira ngo zitamenya
impamvu nyakuri y’urupfu rwa Habimana, ibyo bikaba biha icyaha bakoze
uburemere.
Nk’uko biteganywa n’amategeko yo muri
Malawi, Ubushinjacyaha bwasabwe gutanga icyifuzo ku gihano Giramata na Munyamagaju
bakwiye guhabwa nyuma yo guhamywa icyaha, kugira ngo gisuzumwe.
Nyuma yo gusuzuma icyifuzo
cy’Ubushinjacyaha, ku wa 28 Mata Urukiko Rukuru rwa Lilongwe rwakatiye Giramata
igifungo cy’imyaka 40, Munyamagaju akatirwa 35 yo gukora imirimo ifitiye
igihugu akamaro kubera ko we yicujije.
Umucamanza Kalemba yashimangiye ko icyaha
Giramata na Munyamagaju bakoze kiremereye, asobanura ko Habimana yicishijwe
intwaro.
Like This Post? Related Posts