• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE


Muri Amerika, Minisitiri w’ingabo, Pete Hegseth, yateranye amagambo n’abadepite b’Abademokarate mu nama yamaze hafi amasaha atandatu, aho baganiriye ku ntambara igihugu cye kirimo na Iran.

Iyi yari inshuro ya mbere Hegseth asubijweho ibibazo kuva iyo ntambara yatangira, aho yabanje no kurahirira kuvuga ukuri. Yari kumwe n’umugaba mukuru w’ingabo, Dan Caine, ndetse n’umuyobozi ushinzwe imari muri Minisiteri y’ingabo, Jules Hurst.

Mu ijambo rye ry’ibanze, Hegseth yavuze ko ikibazo gikomeye Amerika ihanganye na cyo atari Iran gusa, ahubwo harimo n’abayinenega by’umwihariko bamwe mu Badepite b’Abademokarate ndetse n’abamwe mu BRepublican.

Abadepite b’Abademokarate banenze cyane uburyo amafaranga ya leta akoreshwa muri iyo ntambara. Hurst yatangaje ko kugeza ubu hamaze gukoreshwa miliyari 25 z’amadolari, menshi muri yo akagurwa intwaro no gusana ibikoresho byangiritse ku rugamba.

Yongeyeho ko hazakorwa isuzuma rirambuye ry’ikoreshwa ry’ayo mafaranga mu minsi iri imbere.

Nubwo Amerika na Iran byemeranyije guhagarika imirwano by’agateganyo kugira ngo habe ibiganiro by’amahoro, intambara ntirarangira burundu.

Ikibazo cy’ingengo y’imari cyabaye ingingo nyamukuru muri iyo nama. Ibiro bya Perezida wa Amerika, White House, byasabye kongera amafaranga ajya mu gisirikare akagera kuri tiriyoni 1.5 z’amadolari ikintu cyaba ari izamuka rikomeye cyane kuva mu gihe cy’intambara II y'isi.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments