Urwego mpuzamahanga rushinzwe gushyiraho no kuvugurura amategeko y’umupira w’amaguru, International Football Association Board (IFAB), rwatangaje impinduka zikomeye zigamije gukaza imyitwarire y’abakinnyi n’abayobozi b’amakipe mu kibuga.
Mu
mategeko mashya, umukinnyi uzajya agaragara apfutse umunwa mu gihe ari kuvugana
n’abandi cyane cyane mu mpaka ashobora guhabwa ikarita itukura agahita akurwa
mu kibuga. Ibi bigamije gukumira imyitwarire yo guhisha amagambo ashobora kuba
arimo ivangura, ibitutsi cyangwa indi mvugo itari myiza, bikunze kugorana ko
abasifuzi cyangwa abafana babimenya.
IFAB
yavuze ko iri tegeko ryemejwe ku bwumvikane busesuye, rikaba rishingiye ku
mpamvu z’uko hari imyitwarire mibi itajya igaragara neza kuri camera za
televiziyo cyangwa ku bantu bashobora gusoma iminwa y’abakinnyi.
Icyemezo
cyo gushyiraho iri tegeko cyafashwe nyuma y’impaka nyinshi zabaye mu mikino
itandukanye, harimo n’izagaragaye mu irushanwa rya UEFA Champions League, aho
habaye ikibazo cyagarutsweho cyane cyabereyemo abakinnyi nka Gianluca
Prestianni na Vinícius Júnior. Muri icyo gihe, umwe mu bakinnyi yavugaga
apfutse umunwa, bituma havuka impaka zikomeye ku byo yaba yaravuze.
Iki
kibazo cyanavuzweho n’Umuyobozi wa FIFA, Gianni Infantino, wasabye ko
hashyirwaho ingamba zikomeye zo guhangana n’amagambo y’ivangura n’ibitutsi
bikorwa mu ibanga.
Si
ibyo gusa, kuko IFAB yanemeje ko umukinnyi cyangwa umuyobozi w’ikipe uzajya ava
mu kibuga ku bushake agamije kwamagana icyemezo cy’umusifuzi na we ashobora
guhanwa akerekwa ikarita itukura. Ibi bigamije kubungabunga icyubahiro
cy’abasifuzi no gukumira imyigaragambyo idakwiye mu kibuga.
Aya
mategeko mashya ateganyijwe gutangira gushyirwa mu bikorwa mu irushanwa
rikomeye rya 2026 FIFA World Cup, rizabera mu bihugu bitatu: United States,
Canada na Mexico, kuva tariki ya 11 Kamena kugeza ku ya 19 Nyakanga 2026.
Aya
mavugurura agaragaza intambwe ikomeye mu guharanira ko umupira w’amaguru
urangwa n’ikinyabupfura, ubupfura n’ubwubahane, haba ku bakinnyi, abasifuzi
ndetse n’abafana.