• Imikino / VOLLEYBALL

Police VC, Kepler VC na REG VC zihagarariye u Rwanda muri muri Shampiyona Nyafurika y’amakipe y’abagabo muri Volleyball, zakatishije itike ya ¼ muri iri rushanwa riri kubera mu Rwanda, APR VC irasezererwa.

Ni nyuma y’imikino ya ? yakinwe kuri uyu wa Gatatu tariki ya 29 Mata 2026 muri BK Arena, amakipe atatu yitwayemo neza, mu gihe APR bitayihiriye ngo ikurikire izindi.

Mu zihagarariye u Rwanda, REG ni yo yabimburiye izindi itsinda Sports-S yo muri Uganda amaseti 3-0 ikatisha itike ya ¼ cy’irangiza.

Ni umukino wakurikiwe n’uwo Police VC itaratsindwa na rimwe kugeza aho irushanwa rigeze, yatsinzemo Nigeria Customs Service  amaseti 3-0 na yo ibona itike ya ¼ ityo.

Ni mu gihe Kepler VC na yo yaje itera ikirenge mu cyazo itsinda General Service Unit yo muri Kenya, amaseti 3-1 mu mukino wari watangiye uyigora kuko yabanje gutsindwa iseti ya mbere, ariko ikigaranzura.

APR VC ni yo yaje mu kibuga nyuma, ikina na Faith Union y’i Rabat muri Maroc, umukino utayigendekeye neza kuko yatsinzwe amaseti 3-0, isezererwa muri iri rushanwa riri gukinwa ku nshuro yaryo ya 47.

Uko imikino ya ¼ iteganyijwe izakinwa ku makipe y’u Rwanda, harimo azahura.

Nyuma y’uko amakipe 8 akomeje hagasezererwa andi 8, imikino ya ¼ iyihuza iteganyijwe kuri uyu wa Kane tariki ya 30 Mata 2026, irimo uzahuza amakipe yombi y’u Rwanda.

Kepler na Police zisanze mu nzira imwe, zizahurira mu mukino wa ¼ zisobanure. Ibi bivuze ko hari ikipe imwe yo mu Rwanda izakina 1/2 cy’iyi Shampiyona Nyafurika ya Volleyball iri kubera i Kigali.

Ni mu gihe REG VC izahura na Kenya Ports Authority, yo yakomeje itsinze Nemo Stars yo muri Uganda amaseti 3-1, bituma nta kipe y’iki gihugu n’imwe isigaye mu irushanwa.

Mu gihe REG yatsinda uyu mukino, byaba bivuze ko izahura muri 1/2 n’iyatsinze hagati ya Police na Kepler, bigahita bisobanura neza ko icyo gihe u Rwanda rwaba rufite ikipe ku mukino wa nyuma.

Iyi yaba ari inshuro ya mbere bibaye mu mateka y’u Rwanda, kugira ikipe ku mukino wa nyuma muri Shampiyona Nyafurika y’amakipe y’Abagabo muri Volleyball.

Kuva imikino y’iri rushanwa yatangira ku wa 22 Mata 2026, amakipe ahagarariye u Rwanda uko ari ane, aracyitwara neza mu gihe mu makipe 24 yari yitabiriye iri rushanwa riri gukinwa ku nshuro yaryo ya 47, hasigayemo 8 gusa.

Iyi mikino ikiniwe bwa mbere mu Rwanda, biteganyijwe ko izasozwa ku wa 3 Gicurasi 2026.







Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments