• Amakuru / POLITIKI


Perezida Paul Kagame yoherereje ibaruwa Igikomangoma cya Arabie Saoudite, Mohammed bin Salman.

Ku wa 29 Mata 2026 nibwo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe yashyikirije iyi baruwa mugenzi we wa Arabie Saoudite, Faisal bin Farhan Al Saud ngo ayigeze kuri Mohammed bin Salman.

Amakuru ajyanye n’ibikubiye muri iyi baruwa ntabwo yigeze atangazwa. Ibiganiro bya Perezida Kagame na Mohammed bin Salman biheruka byatangajwe ni ibyabaye mu Ukwakira 2025, ubwo Umukuru w’Igihugu yari muri Arabie Saoudite yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku Ishoramari (FII).

Nyuma yo gutanga iyi baruwa, Minisitiri Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na Faisal bin Farhan Al Saud, byagarutse ku mikoranire y’ibihugu byombi hagamijwe kurushaho guteza imbere ubutwererane, ubufatanye n’ishoramari mu bikorwaremezo n’ingufu.

Uru ruzinduko rwa Minisitiri Nduhungirehe rubaye nyuma y’uko muri Gashyantare 2026 Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wungirije wa Arabie Saoudite, Waleed bin Abdulkarim El-Khereij, yasuye u Rwanda ndetse agirana ibiganiro na Perezida Kagame.

Ibiganiro byabo byibanze ku kunoza umubano usanzweho hagati y’iki gihugu n’u Rwanda mu nzego z’ingenzi impande zombi zifitemo inyungu ndetse no ku byihutirwa zihuriyeho ku rwego rw’Akarere.

U Rwanda na Arabie Saoudite byifatanya mu mishinga ikomeye yo kubaka ibikorwaremezo by’ingenzi birimo iby’ubuvuzi, imiyoboro y’amashanyarazi ndetse n’imihanda.

Arabie Saoudite ni yo yahaye u Rwanda inguzanyo ya miliyoni 42$ yo kubaka imihanda ibiri ifite uburebure bwa kilometero 150, irimo uwa Nyagatare-Base-Rukomo na Huye-Kitabi, yatashywe ku mugaragaro mu mwaka ushize.

Ubucuruzi bw’ibihugu byombi kandi buhagaze neza cyane kuva mu myaka myinshi ishize. Kuva mu 2022 kugeza mu 2025, Arabie Saoudite yari ku mwanya wa mbere mu bihugu byoherejwemo ibicuruzwa bikomoka mu Rwanda.

Ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare (NISR) kigaragaza ko kuva mu gihembwe cya mbere kugeza mu cya gatatu cya 2025, ibicuruzwa bikomoka mu Rwanda byoherejwe muri Arabie Saoudite bifite agaciro ka miliyari 1,2$.

Muri Gashyantare 2025, urwego rwa Arabie Saoudite rushinzwe ubucuruzi (FSC) n’Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF) zashyizeho komisiyo ihuriweho ishinzwe kongerera ubufatanye mu rwego rw’ubucuruzi.

Byitezweho iyi komisiyo izafasha ibihugu byombi kwagura ubucuruzi, ishoramari ndetse no guteza imbere umuco nk’uko abayobozi b’impande zombi babishimangiye icyo gihe.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments