Abanya-Nigeria 130 basabye Guverinoma yabo kubakura muri Afurika y’Epfo nyuma y’uko hamaze iminsi imyigaragambyo yibasira abanyamahanga.
Minisitiri
w’Ububanyi n’Amahanga wa Nigeria, Bianca Odumegwu-Ojukwu yatangaje ko abantu
130 ari bo bahise basaba gusubizwa iwabo bahunga imvururu zishobora gukomeza
kwiyongera.
Imyigaragambyo ikaze yabaye muri Pretoria na Johannesburg isaba
Leta kugira icyo ikora ku banyamahanga bari mu gihugu mu buryo bunyuranye
n’amategeko, kuko bateza umutekano muke kandi bakabuza akazi abenegihugu.
Afurika y’Epfo muri Mata 2026 yari yatangaje ko igiye
guhagurukira abantu batera ubwoba abanyamahanga, ababakorera urugomo cyangwa
ivangura.
Guverinoma ya Nigeria yavuze ko ikomeje gucungira hafi ibikorwa
biteganyijwe birimo imyigaragambyo yo ku wa 4 no ku 8 Gicurasi 2026.
Ambasaderi wa Afurika y’Epfo muri Nigeria yatumijweho kubera ibi
bikorwa ndetse Ambasade ya Nigeria muri Afurika y’Epfo yavuze ko ishyize
imbaraga mu gufasha abaturage b’iki gihugu ngo batagirwaho ingaruka n’iyi
myigaragambyo.