Sudan yashinje igihugu gituranyi cya Ethiopia na Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu (UAE) gutegura ibitero bya 'drones' ku kibuga cyayo cy'indege kinini, kandi icyo gitero ari "ubugizi bwa nabi butaziguye".
Ikibuga cy'indege mpuzamahanga cya Khartoum mu murwa mukuru cyarashweho na za 'drones' ku wa mbere.
Ibyo bitero byahungabanyije igihe cy’ituze i Khartoum, cyabaye nyuma y’umwaka umwe abarwanyi ba RSF bakuwe muri Khartoum.
Ministeri y'ububanyi n'amahanga ya Ethiopia yavuze ko ibirego by’uko yagize uruhare muri ibyo bitero bya 'drones' i Khartoum "nta shingiro bifite".
UAE ntabwo iragira icyo ivuga, ariko mbere yaho yahakanye ko yagize uruhare mu ntambara ya Sudan.
Minisitiri w’itangazamakuru wa Sudan yabwiye ibiro ntaramakuru bya Reuters ko nta muntu n’umwe wakomeretse muri ibyo bitero.
Ibiro Ntaramakuru bya Sudan (Suna) byatangaje ko igisirikare cya Sudan cyavuze ko gifite "ibimenyetso simusiga" byerekana ko izo 'drones' zarashwe ziturutse ku kibuga cy'indege cya Bahir Dar muri Ethiopia.
Like This Post? Related Posts