Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka riri ku butegetsi muri Uganda, Richard Todwong, yatangaje ko ibirori byo kurahira kwa Yoweri Kaguta Museveni nka Perezida w’iki gihugu, bizitabirwa n’abakuru b’ibihugu 35.
Ni ibirori biteganyijwe ku wa 12 Gicurasi 2026, ahazwi nka Kololo Ceremonial Grounds mu Murwa Mukuru, Kampala. Uretse abakuru b’ibihugu, binategerejwemo abandi bayobozi 30 bo ku rwego rw’abadipolomate.
Muri rusange bizitabirwa n’abagera ku bihumbi 40.
Kugeza ubu ntiharatangazwa amazina y’abakuru b’igihugu bazitabira ibirori.
Mu rwego rwo korohereza abaturage bashaka kuzakurikirana uyu muhango, Leta ya Uganda izatanga ikiruhuko kuri uwo munsi.
Muri Mutarama 2026 ni bwo Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yongeye gutsinda amatora y’Umukuru w’Igihugu ku majwi 71,6%, ahigitse abandi bakandida barindwi bari bahatanye.
Amatora ya Perezida wa Uganda yabaye tariki ya 15 Mutarama 2026. Komisiyo y’amatora igaragaza ko mu bantu miliyoni 21,6 bari kuri lisiti y’itora, 52,5% ari bo bayitabiriye.
Perezida Yoweri Kaguta Museveni yafashe ubutegetsi mu 1986.